Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Arasaba Ubufasha Nyuma Yo Kubyara Abana Batatu Icyarimwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

Arasaba Ubufasha Nyuma Yo Kubyara Abana Batatu Icyarimwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 February 2024 6:34 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umugore w’i Nyanza wabyaye abana batatu basanga abandi batatu yari afite none arasaba ubufasha abagiraneza n’ubuyobozi ngo ashobore kubitaho.

Claudine Nikuzimana wabyaye impanga eshatu z’abahungu yemeza ko aba bana bavutse mu Ukuboza mu mwaka ushize wa 2023 baje basanga abandi batatu yari asanganywe.

Yagize ati: “Nabyaye abana batatu basanga abandi batatu ubu bose hamwe maze kugira abana batandatu.”

Asanzwe atuye mu Mudugudu wa Rwimpundu mu Kagari ka Cyotamakara mu Murenge wa Ntyazo mu karere ka Nyanza ari naho yahise yerekeza akavuga ko nta bushobozi afite.

Umuforomokazi Jeanine Nzasenga witaye ku buzima bw’aba bana avuga ko akurikije uko babakiriye bameze, ubu nta kibazo cy’ubuzima bafite.

Yagize ati: “Twakiriye abana batatu aho bavukiye mu rugo gusa baje bafite ikibazo cyo guhumeka nabi ndetse n’ibilo byabo ntibyari bishyitse ariko twabitayeho uko bikwiye byose birakemuka bameze neza twabasezereye bagiye gusubira mu rugo.”

Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza Ntazinda Erasme avuga ko iby’uyumubyeyi atarabizi ariko bagiye kureba ibyo yaba akeneye ngo afashwe.

Yagize ati: “Aho abyariye nta makuru baduhaye gusa umuturage wese ufite ikibazo kidasanzwe tubona akwiye ubufasha n’ubundi turamufasha bityo turamenya ibyo twamufasha tugendeye kubyo tubona akwiye nibyo ashoboye kwifasha.”

Ku myaka 30 y’amavuko ubu Claudine amaze kugira abana batandatu.

We n’umugabo we batunzwe no guca inshuro mu baturanyi.

Ifoto@UMUSEKE.RW

TAGGED:AbanafeaturedIndaNtazindaNyanzaUmwana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article 9% Bya Postes de Santé Ntizikora Neza- Min Nsanzimana
Next Article Baganirijwe Uko Bakwita Ku Buzima Mu Gihe Cya Menopause
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?