Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: AS Kigali Yakubitiwe Muri Tunisia
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

AS Kigali Yakubitiwe Muri Tunisia

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 February 2021 7:56 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umukino AS Kigali yagiye yiteguye gutsindira muri Tunisia yawutsinzwe kandi ku bitego byinshi.

Uyu mukino ubanza yakinnye na  CS Sfaxien yawutsinzwe ibitego 4-1. Waraye ubaye kuri uyu Gatandatu tariki 13 Gashyantare 2021. AS Kigali ihagarariye u Rwanda mu mikino ya Caf Confederation Cup yatsindiwe muri Tunisia.

Ku Munota wa Karindwi gusa, Feras Chaouat yatsinze igitego cya mbere  ku mupira wari uvuye muri Koruneri, usanga Firas ahagaze wenyine mu rubuga rw’amahina atsinda igitego akoresheje umutwe.

Igice cya mbere cyarangiye bongeyeho iminota itatu, AS Kigali ntiyashobora n’ubwo  ku munota wa 30′ yabonye amahirwe yo gutsinda ku mupira wazamuwe na Tshabalala awuteye mu izamu ugarurwa na Gaith Maaroufi usanga Aboubakar awusubije mu izamu unyura hejuru.

 Amakipe yaruhutse  CS  Sfaxien ariyo iri imbere.

Mu bindi byaranze igice cya mbere Kwizera Pierrot yahawe ikarita y’Umuhondo nyuma yo gukinira nabi Mohamed Soulah.

Umunyezamo Ndayishimiye Bakame nawe yatabye izamu ubwo CS Sfaxien yari imutsinze igitego cya kabiri.

Ku Munota wa 52′ Bakame yongeye gutabara Izamu akuramo umupira w’umuterekano wari utewe na Mohamed Ali Jouini.

CS Sfaxien iri mu rugo yatsinze igitego cya kabiri ku munota wa 53′, ku ikosa ryari rikozwe na Rugirayabo Hassaan.

Icyo gihe wari umupira w’umuterekano (Coup-franc) wari utewe na Aymen Harzah, ushyirwaho umutwe na Ahmed Ammar ku makosa ya ba myugariro ba AS Kigali.

Ku Munota wa 81′ AS Kigali yabonye igitego kimwe cyitsinzwe na Myugariro wa CS Sfaxien Nourezzaman Zammouri .

Ku munota 72 n’uwa 89′ w’umukino CS Sfaxvien yabonye igitego cya gatatu n’icya kane byatsinzwe na Mohamed Soulah.

Djabel wa AS Kigali yahawe ikarita y’Umuhondo nyuma yo guterana amagambo n’umusifuzi ukomoka mu Birwa bya Seychelles ku ikosa ryari rikorewe Lawar Aboubakar ariko umusifuzi arabyirengagiza.

AS Kigali yahawe ikarita y’Umutuku yahawe Hakizimana Muhadjiri nyuma yo kubona amakarita y’umuhondo abiri. ikipe isigara ari abakinnyi 10. CS Sfaxien yahise ibyaza umusaruro ubu buryo ibona igitego cya Kane.

Biteganijwe ko umukino wo kwishyura uzabera kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo tariki 21 Gashyantare2021, ikipe izatsinda ikazahita ikomereza mu matsinda ya CAF Confederation Cup.

Abakinnyi 11 babanjemo ku mpande zombi:

CS Sfaxien: Aymen Dahmene, Gaith Maaroufi, Ahmed Ammar, Nourezzaman Zammouri, Mohamed Ali Jouini, Mohamed Ali Trabelsi, Aymen Harzah, Chadi Hammami, Mohamed Soulah, Firas Chaouat ndetse na Kingsley Eduwo.

AS Kigali FC: Ndayishimiye Eric Bakame, Rugirayabo Hassan, Ishimwe Christian, Bishira Latif, Rurangwa Mossi, Nsabimana Eric Zidane, Kwizera Pierrot, Ortomal Alex, Tshabalala Hussein, Hakizimana Muhadjiri na Aboubakar Lawal

TAGGED:featuredKigali
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kalisa Rachid Ntakina Umukino Ubanza Wa AS Kigali
Next Article Ubufatanye Mu Bya Gisirikare Bw’u Rwanda Na DRC Burakomeje
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?