Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: AVEGA Irasaba Abanyamuryango Bayo Gukomera Mu Gihe Cyo Kwibuka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

AVEGA Irasaba Abanyamuryango Bayo Gukomera Mu Gihe Cyo Kwibuka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 April 2025 3:22 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Ababyeyi ba AVEGA bahoberana bifurizanya gukomera.
SHARE

Valérie Mukabayire wayoboye AVEGA Agahozo mu myaka yatambutse yagiriye abapfakazi ba Jenoside yakorewe Abatutsi inama yo gukomera mu gihe cyo kwibuka ku nshuro ya 31 kizatangira kuri uyu wa Mbere tariki 07, Mata, 2025.

Yababwiye ko ibyo biboneye mu mwaka wa 1994 byari bibi k’uburyo kuba bakiriho bakomeye, bikwiye gutuma batagira amarira bereka ababanga, ahubwo bakwiye gukomeza gutwaza.

Mukabayire yabibwiye abari baje ku kiganiro cyahuje abanyamuryango ba AVEGA-Agahozo bahagarariye abandi bo mu Turere tw’Umujyi wa Kigali, Kamonyi na Gicumbi bari bateraniye mu Nzu mberabyombi y’Akarere ka Gasabo.

Abo babyeyi bagejejweho ikiganiro ku budaheranwa n’isanamitima kibategurira kwinjira mu cyunamo.

Mu kiganiro cya Mukabayire cyamaze hafi iminita 40, yababwiye ko kuba bararokotse kandi barabonye amahano bakaba bagitwaje ari ubutwari.

Valérie Mukabayire wayoboye AVEGA Agahozo mu myaka yatambutse.

Ati: “ Nubwo badushoreraga tukemera bakajya kudutema ntawe utaka cyangwa ngo agire icyo avuga kindi, aho turokokeye ubu duhagaze neza. Ntitwasaze, abaturokoye basanze tugihumeka. Inkotanyi ntabwo zaje kuduha bya biganiro by’isanamutima, ahubwo zari hariya zireba niba nta yindi Nterahamwe itwica”.

Interahamwe zivugwa aha ryari ihuriro ry’urubyiruko n’abantu bakuru bari mu ishyaka rya MRND(Mouvement Révolutionnaire National pour le Développement).

Guverinoma y’Abatabazi yakoresheje urwo rubyiruko rufatanyije n’uwa CDR mu gukorera Abatutsi Jenoside.

CDR (Coalition pour la Défense de la République) nayo yari ishyaka rikomeye ryakoranaga na MRND muri byinshi.

Mukabayire yavuze ko gutwaza kw’abapfakazi ba Jenoside yakorewe Abatutsi kwatumye barera abana babo n’ab’abandi kandi abo barakuze barabyara.

Ati : “Muri ibyo byose twakoraga uko dushoboye ngo dutere imbere kandi tukabikora twumva dutekanye, dufite agaciro, ntawe uduhuzaho inkeke bityo dushobora kurerera u Rwanda”.

Yasabye bagenzi be ko badakwiye kwereka abanzi amarira yabo.

Perezidante  wa Kabiri wa AVEGA-Agahozo ku rwego rw’igihugu Constance Mpinganzima yibukije ababyeyi bari aho ko ihungabana ryagaragaye mu mwaka wa 2024 ryabaye ku bantu 2,016  kandi abarenga 80% ni abagore barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mpinganzima  avuga ko iryo hungabana ryarushijeho kugaragara ubwo mu Rwanda humvikanaga amakuru y’abarokotse Jenoside bishwe nabi.

Constance Mpinganzima

Abantu baribuka iby’urupfu rw’umukecuru wiciwe mu Murenge wa Rukumberi mu Karere ka Ngoma agacibwa umutwe, ukajugunywa mu musarane.

Mpinganzima avuga kandi ko guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi bisubiza irudubi intambwe benshi barateye mu kwiyubakamo ubumwe n’ubudaheranwa.

Nawe ashima ko abapfakazi ba Jenoside yakorewe Abatutsi muri iki gihe bateye intambwe mu kwiyubakira ejo hazaza kandi akababwira ko imbaraga zose zubaka igihugu zibari inyuma.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Gasabo Bernard Bayasese ashima abapfakazi ba Jenoside ubushake bagize bwo kubabarira bigatuma biyubaka kandi bikagira uruhare mu kubaka u Rwanda.

Ashima ko Leta itagenya buri mwaka ingengo y’imari yo gufasha abatishoboye harimo abahabwa inkunga y’ingoboka, serivisi z’ubuzima, gusanira abantu inzu zasenyutse no kubakira no gutuza ababyeyi b’intwaza bagizwe incike na Jenoside bagashyirwa mu nzu ziswe Impinganzima.

Icyakora avuga ko hakiri ibibazo birimo ingengabitekerezo ya Jenoside, ubukene, uburwayi níbindi bikomoka ku ngaruka za Jenoside, urugero nk’ abageze mu zabukuru bakeneye kwitabwaho by’umwihariko kubera uburwayi,  abadafite amacumbi cyangwa abafite ashaje n’ibindi.

Yemeza ko Guverinoma y’u Rwanda yiyemeje guhangana n’ibyo byose ariko cyane cyane ingengabitekerezo ya Jenoside yakorewe Abatutsi aho yava no mu buryo yagaragaramo bwose.

Impuguke mu buzima bwo mu mutwe no gusana imitima Dr. Chaste Uwihoreye  yabwiye abari aho ko ‘nta mvura idahita’ kandi ko ‘nta joro ridacya’.

Yashakaga kuvuga ko amage bahuye nayo mu gihe cya Jenoside yatambutse, ko ubu ari igihe cyo kutadohoka ku buzima, bakumva ko ‘ari ibiti by’inganzamarumbo’.

Ibiti nk’ibi biba byarakuze bikagura amashami akaba magari k’uburyo amatungo cyangwa abantu baza kubyugamamo izuba.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali Samuel Dusengiyumva nawe yibukije ababyeyi bitabiriye iriya nama ko ubudaheranwa ari ingenzi kugira ngo abantu batere imbere.

Yabijeje ko mu gihe cyo kwibuka kizatangira kuri uyu wa Mbere tariki 07, Mata, inzego zose ziyemeje ko abarokotse Jenoside bazakomeza kubaho neza.

Ku byerekeye umutekano, Dusengiyumva yabwiye abo babyeyi ati : Turi kumwe… Dufite amaboko. Twamaze kuganira n’inzego za Polisi, iza RDF, iz’iperereza…twese twahuje imbaraga kandi ndabasezeranya ko mu minsi yose iri imbere ubufatanye dufitanye buzatuma ntacyo muhungabana”.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali Samuel Dusengiyumva.

Abanyamuryango ba AVEGA-Agahozo mu gihugu barenga 19,000.

Ikiganiro k’ubudaheranwa n’isanamitima gitegurira abanyamuryango ba AVEGA kwinjira mu cyunamo cyabereye no mu Karere ka Rusizi na Huye.

Abitabiriye ikiganiro cyabereye mu Nzu Mberabyombi y’Akarere ka Gasabo ni abantu 500.

TAGGED:AbatutsifeaturedIngangabitekerezoJenosideKwibuka
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Banki Nkuru Y’u Rwanda Irategura Abazayikorera Ejo Hazaza
Next Article Rubavu: Inkubi Yasakambuye Inzu Nyinshi Zirimo N’Amashuri
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?