Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Avuga Ko Ubukene Bw’Ababyeyi Buha Icyuho Abashaka Gusambanya Abanyeshuri
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Avuga Ko Ubukene Bw’Ababyeyi Buha Icyuho Abashaka Gusambanya Abanyeshuri

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 April 2023 4:45 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umunyeshuri wiga muri Kayonza Modern School iri mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza witwa Promesse Iradukunda avuga ko imwe mu mpamvu zituma abakobwa bato batwara inda cyangwa bakanduzwa indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina ari ubukene baba baravanye iwabo.

Avuga ko hari abakobwa biga mu mashuri yisumbuye bashukwa n’abagabo bafite amikoro bakabaha ibyo batavanye iwabo, byatinda bakazabasambanya bakabatera inda zitateguwe kandi aho zinjirira ni ho na SIDA yandurira.

Iradukunda avuga ko ubukene bamwe mu bana bavana iwabo buha icyuho abashaka kubangiza bakabashukishwa ibyo bita ‘uduhendabana’.

Ati: “ …Mbona biterwa wenda n’abanyeshuri batabona ibya ngombwa bakabaye bahabwa n’ababyeyi babo bityo rero bahura n’abandi bahungu bafite ubushobozi bakaba babashuka bakabagusha mu busambanyi.’

Ku rundi ruhande, Promesse Iradukunda avuga ko mu kigo yigaho nta bakobwa benshi bahatwarira inda.

Yemeza ko abarezi babo babigisha ububi bwo kwiyandarika.

Umukobwa uhagarariye bagenzi be( Doyenne, Dean) biga kuri kiriya kigo witwa Ayinkamiye Gloria asaba bagenzi be gukomeza kuzirikana ko kuvuga ‘OYA itarimo ubutinde’ ari imwe mu ntwaro zabafasha kudatwara inda.

Avuga ko abakobwa ayoboye bagira imyitwarire iboneye, ariko ngo ntihabura bake bagaragaraho ubwomanzi.

Yemeza ko muri iyo myitwarire yose, nta mukobwa urahatwarira inda.

Aha bagenzi be inama yo gukomeza kwirinda uwabatera inda cyangwa akabashuka kuko utabyirinze, ahura n’ibibazo birimo gutwara inda, kwandura indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina idakingiye.

Umukobwa uhagarariye bagenzi be biga kuri kiriya kigo witwa Ayinkamiye Gloria

Ati: “ Nk’ubu iyo nza kuba ntaririnze, ntabwo mba ngeze mu mwaka wa gatandatu ngo ejo nzabe ndangije kwiga njye hanze ngo nshake imibireho”.

Imibare itangwa n’Ikigo cy’igihugu cy’ubuzima, RBC, ivuga ko umubare w’abakobwa banduye SIDA ukubye  inshuro eshatu uw’abahungu bari mu kigero kimwe.

Abakozi b’iki kigo bari kuzenguruka mu turere twose tw’Intara y’i Burasirazuba mu bukangurambaga bwo kwibutsa urubyiruko mu buryo bw’umwihariko n’abandi muri rusange ububi bwo kutirinda SIDA.

Ubu bukangurambaga bwatangiriye mu Karere ka Nyagatare, bukomereza mu Karere ka Gatsibo, bukomereza  muri Kayonza n’i Rwamagana.

Hari gahunda yo kubukomereza mu Karere ka Kirehe, Akarere ka Ngoma n’Akarere ka Bugesera.

Umujyi wa Kigali niwo wa mbere ufite ubwandu bwa SIDA buri hejuru, hagakurikiraho Intara y’i Burasirazuba , igakurikirwa n’Intara y’Amajyepfo.

Ubwandu buke bw’iyi ndwara buba mu Ntara y’Amajyaruguru.

Abanyarwanda bagirwa inama yo kwifata, kubera abakunzi babo indahemuka, gukoresha agakingizo ndetse no gukebwa.

TAGGED:featuredKayonzaRwandaUbukeneUbusambanyiUmunyeshuri
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Polisi Ikomeje Kubahiriza Amasezerano Ifitanye Na RBC
Next Article Urugaga Rw’Abakozi CESTRAR Rurasaba Leta Kwita Ku Mutekano W’Abakora Mu Birombe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?