Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Avugwaho Gutanga Ruswa Ya Frw 50 000 Ngo Asubizwe Moto Ifite Amande Ya Frw 635 000
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Avugwaho Gutanga Ruswa Ya Frw 50 000 Ngo Asubizwe Moto Ifite Amande Ya Frw 635 000

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 August 2021 7:09 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Karere ka Kamonyi haherutse gufatirwa abagabo babiri nyuma y’ukop ngpo bahaye umupolisi ishinzwe umutekano  mu muhanda ruswa ya Frw 50 000 ngo abasubize Moto yabo. Iyi moto yari imaze amezi abiri ifashwe basuzumye basanga nyirayo arimo amande ya Frw 635 Frw.

Umwe mu bafashwe ni umusekirita ukorera mu Mujyi wa Kigali.

Nyiri moto yabonye amaze gufatwa aramutekerereza, asa n’umugisha inama undi abyumvise amubwira ko hari umupolisi baziranye, ko yazamumugezaho bakamuha ‘akantu’.

Yamubwiye gushaka amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 100 bakabimugiramo ikarekurwa.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo Superintendent of Police(SP) Theobald Kanamugire avuga ko guhera tariki ya 3 Kanama, 2021 saa saba z’amanywa ari bwo nyiri iriya moto yatangiye guhamagara umupolisi wari wafashe moto amubwira ko hari amafaranga ashaka kumuha akabarekurira moto yafashe.

Uwo mupolisi yaramwemereye, basezerana aho baza guhurira akayamuha.

Ku rundi ruhande, ariko uyu mupolisi yari yateguye uburyo baza gufatirwa mu cyuho bazanye ayo mafaranga.

SP Kanamugire ati: “Umupolisi yakomeje kuvugana n’uriya nyiri moto bavugana aho amusanga mu Karere ka Kamonyi. Habanje kuza wa musekirite azanye ruswa ingana n’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 50 kuko ngo yari yabwiye Nzanana ko atabona ibihumbi 100 kuko nawe yari yamuhaye  ibihumbi 30 kugira ngo amuteretere umupolisi.”

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo yavuze uriya mugabo yafatiwe mu cyuho arimo gutanga iyo ruswa, akaba yarafashwe saa kumi n’ebyiri z’umugoroba kuri uwo munsi.

- Advertisement -

Amaze gufatwa hahise haza na nyirimoto nawe ahita afatwa.

Yibukije abantu bagifite imyumvire yo kumva ko bazajya baha ruswa abapolisi kubireka kuko ruswa ari icyaha gihanwa n’amategeko kandi Polisi y’u Rwanda ikaba iri mu nzego zishinzwe kurwanya ruswa.

Ngo uzajya agerageza guha ruswa umupolisi azajya ahita amwifatira ako kanya.

Abafashwe baremera icyaha bakanagisabira imbabazi, bahise bashyikirizwa Urwego rushinzwe ubugenzacyaha(RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Runda kugira bakorerwe idosiye.

TAGGED:featuredKamonyiMotoPolisiRuswa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunyapolitiki Utavuga Rumwe na Leta Ya Tanzania Yagejejwe Imbere Y’Urukiko
Next Article Eddy Kenzo Yakoze Impanuka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?