Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ayabatwa Tribert Rujugiro Yapfuye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ayabatwa Tribert Rujugiro Yapfuye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 April 2024 8:27 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

 

Umunyenganda ukomeye Ayabatwa Tribert Rujugiro yapfuye afite imyaka 82 y’amavuko. Ni umwe mu banyenganda bakomeye u Rwanda rwagize kandi yazishinze n’ahandi henshi muri Afurika harimo muri Uganda no muri Afurika y’Epfo.

Bivugwa ko yazize umutima wahagaze ubwo yari amaze kureba televiziyo ahagurutse yitura hasi, bimuviramo urupfu.

Yaguye i Dubai.

Umuhungu we mukuru witwa Paul Nkwaya niwe wamubitse ariko akagira na murumuna we Richard Rujugiro.

Nkwaya niwe ushinzwe ibikorwa byo kwamamaza ikigo cya Se gikora itabi kitwa Pan African Tobacco Group n’aho  Richard Rujugiro akaba ashinzwe ibya tekiniki.

Umukwe wa Rujugiro w’Umuzungu witwa Serge Huggenberger niwe ushinzwe imari.

Kubera gusaza n’uburwayi, Ayabatwa Tribert Rujugiro ntiyagaragaraga cyane mu bikorwa by’ikigo cye ariko yari umujyanama wa hafi w’abana be.

Si iki kigo gusa yari afite ahubwo yari afite ibindi bigo 10 hirya no hino muri Afurika no mu Burasirazuba bwo Hagati.

Bivugwa ko yari afite ibigo mu bihugu 27, agakoresha abantu 26,000 bari batunze imiryango irimo abantu 182,000 bose hamwe.

Ibikorwa bye byari biri mu mishinga itandukanye irimo sima, icyayi, inkweto za plastic, byeri, ibiribwa n’itabi.

Yigeze kuvuga ko atigeze na rimwe aharanira gutunga amafaranga ahubwo ngo yashakaga ‘kubaka ikintu kinini’.

Icyo kintu kinini ngo nicyo yasigiye abana be n’umukwe we.

TAGGED:AyabatwafeaturedImariRujugiro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Min Irere Aributsa Akamaro Ku Burere Bwiyongereye Ku Bumenyi
Next Article Dubai Ntikiri Nyabagendwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?