Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ayabatwa Tribert Rujugiro Yapfuye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ayabatwa Tribert Rujugiro Yapfuye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 April 2024 8:27 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

 

Umunyenganda ukomeye Ayabatwa Tribert Rujugiro yapfuye afite imyaka 82 y’amavuko. Ni umwe mu banyenganda bakomeye u Rwanda rwagize kandi yazishinze n’ahandi henshi muri Afurika harimo muri Uganda no muri Afurika y’Epfo.

Bivugwa ko yazize umutima wahagaze ubwo yari amaze kureba televiziyo ahagurutse yitura hasi, bimuviramo urupfu.

Yaguye i Dubai.

Umuhungu we mukuru witwa Paul Nkwaya niwe wamubitse ariko akagira na murumuna we Richard Rujugiro.

Nkwaya niwe ushinzwe ibikorwa byo kwamamaza ikigo cya Se gikora itabi kitwa Pan African Tobacco Group n’aho  Richard Rujugiro akaba ashinzwe ibya tekiniki.

Umukwe wa Rujugiro w’Umuzungu witwa Serge Huggenberger niwe ushinzwe imari.

Kubera gusaza n’uburwayi, Ayabatwa Tribert Rujugiro ntiyagaragaraga cyane mu bikorwa by’ikigo cye ariko yari umujyanama wa hafi w’abana be.

Si iki kigo gusa yari afite ahubwo yari afite ibindi bigo 10 hirya no hino muri Afurika no mu Burasirazuba bwo Hagati.

Bivugwa ko yari afite ibigo mu bihugu 27, agakoresha abantu 26,000 bari batunze imiryango irimo abantu 182,000 bose hamwe.

Ibikorwa bye byari biri mu mishinga itandukanye irimo sima, icyayi, inkweto za plastic, byeri, ibiribwa n’itabi.

Yigeze kuvuga ko atigeze na rimwe aharanira gutunga amafaranga ahubwo ngo yashakaga ‘kubaka ikintu kinini’.

Icyo kintu kinini ngo nicyo yasigiye abana be n’umukwe we.

TAGGED:AyabatwafeaturedImariRujugiro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Min Irere Aributsa Akamaro Ku Burere Bwiyongereye Ku Bumenyi
Next Article Dubai Ntikiri Nyabagendwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbutabera

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?