Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 October 2025 1:31 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Iyo modoka yari ivuye i Nyabihu ijya i Musanze.
SHARE

Abagabo batatu bavaga muri Nyabihu bagiye i Musanze bafatiwe ahitwa Rurembo bafite intsinga za metero 250 bikekwa ko bari bibye. Polisi ivuga ko ubwo yabafataga, bananiwe kuyisobanurira aho bari bazijyanye, yanzura ko bari bazibye irabafata.

Mu ijoro ryo kuri uyu wa 07, Ukwakira, 2025 nibwo byabaye nk’uko Assistant Inspector of Police ( AIP) Ignace Ngirabakunzi uvugira Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru yabibwiye Taarifa Rwanda.

Yavuze ko amakuru uru rwego rwahawe n’abaturage ari yo yatumye abapolisi batangatanga  abo bantu barafatwa.

Ati: “Bafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage. Abapolisi bari mu kazi bahagaritse imodoka yari yatanzweho amakuru basanga ipakiye intsinga, babajije abari bazitwaye aho bazikuye n’aho bazijyanye bananirwa kugaragaza inkomoko yazo bityo bigakekwa kuziba binyuze mu kwangiza ibikorwa by’amashanyarazi.”

Yashimye abahaye Polisi amakuru yatumye abo bantu bafatwa, yongera kuburira abakora ibyo bintu bidindiza amajyambere.

Avuga ko kwiba intsinga bihombya igihugu binyuze mu kudindiza urugendo rwacyo rw’iterambere, bigashyira mu kaga n’ubuzima bw’abaturage bari basanzwe bafitiwe akamaro nazo.

Bitiza umurindi ubujura, bikongerera abantu ibyago by’impanuka kandi ubucuruzi bukadindira.

AIP Ngirabakunzi avuga ko urwego akorera ruzakorana n’abaturage mu gushakisha abakora ibyaha ibyo ari byo byose harimo n’abangiza ibikorwaremezo.

Abafashwe n’ibyo bafatanywe bafungiye kuri station ya Police ya Muhoza.

Izi ntsinda zireshya na metero 250. Ifoto: Polisi y’u Rwanda.

Kwiba intsinga bimaze iminsi

Intara y’Amajyaruguru nayo iri gutera imbere nk’uko n’ahandi bigenda. Mu kubaka imijyi y’aho, hari bamwe baca ruhinga nyuma bakiba intsinga kandi mu gihe gito gitambutse byabaye i Burera no muri Gicumbi mu Majyaruguru.

Mu Cyumweru gishize, i Burera hibwe intsinga z’amashayarazi zivanywe ku muyoboro utanga amashanyarazi mu ngo zo mu Mudugudu wa Murambo, Akagari ka Musasa, Umurenge wa Kinyababa muri Burera.

Byabaye mu ntangiriro z’Ukwakira, 2025.

Mbere y’aho hari ahandi zari zibwe muri Gicumbi nk’uko Polisi ibyemeza.

Kubera ubukana bw’amashanyarazi aba ku muyoboro mugari, kwiba intsinga ziyatwara ntibyisukirwa na buri wese.

Iyo intsinga zibwe zikoreshwa iki?

Mu ntsinga imbere habamo utwuma dukozwe mu kinyabutabire kitwa Aluminum.

Iyo bamaze kuzibaga bakazikuraho ka plastique kaba kazitwikiriye, ako ka Aluminum kaba gashobora kunagurwa kagakorwamo ibindi bikoresho birimo ibiyiko, amasahani cyangwa ibindi.

Hirya no hino mu mijyi haba abantu bakora umurimo wo kubikusanya rimwe na rimwe bagakusanya n’ibyibano.

Kunagura ibyuma bishaje ni ibintu byiza mu rwego rwo gusukura ahantu.

TAGGED:featuredGicumbiIntsingaMusanzePolisiRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar
Next Article U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Imikino Ya NBA Igiye Gusubukurwa Mu Bushinwa

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Umuhanga Wabwiye Isi Imibereho Y’Impundu Jane Goodall Yapfuye

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bagera Ahandi Bakisanga Mu Buretwa-Amb Kimonyo 

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Amerika Ntishaka Umusirikare Wayo Ubyibushye

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Huye: Abagabo Bane Bakurikiranyweho Gutema Abaturage

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Polisi Yafashe Abategeraga Abantu Muri Gare Ya Nyanza Bakabambura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Macron Mu Ihurizo Ryo Kubona Minisitiri W’Intebe Uhamye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?