Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bakorera Amafaranga Muri Kicukiro Bakajya Gutuburira Ab’i Rwamagana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Bakorera Amafaranga Muri Kicukiro Bakajya Gutuburira Ab’i Rwamagana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 August 2022 8:29 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Karere ka Rwamagana mu Murenge wa Gishari, umugabo yagiye kwishyura inzoga atanga inoti ya Frw 5000 nyiri akabari arebye asanga si nk’izo asanzwe abona. Yarashishoje aza gusanga ari inyiganano ahamagara Polisi uwari uyishyuye arafatwa arafungwa.

Byabereye mu Mudugudu wa Shabudondo, Akagari ka Bwisanga mu Murenge wa Gishari mu Karere ka Rwamagana.

Yatawe muri yombi ku wa Mbere Taliki 08, Kanama, 2022.

Nyuma y’uko nyiri akabari atabaje, abantu barahuruye bahageze basanga wa mugabo afite n’inoti icyenda za Frw 5000 kandi zose z’inyiganano.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Icyakora si we wenyine wafashwe kuko hari n’undi mugenzi we wafashwe.

Bafashwe mu gitondo ahagana saa yine z’amanywa.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’i Burasirazuba, Superintendent of Police (SP) Hamdun Twizeyimana avuga ko amakuru y’uko byagenze yatanzwe bwa mbere na nyiri akabari wari wishyuwe arebye asanga si amafaranga y’ukuri.

Uwafashwe mbere yabwiye Polisi uko byagenze.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’i Burasirazuba ati: “Amaze gufatwa yavuze ko yari yayahawe n’uwitwa Nsengiyumva wari wamwemereye ko bazajya bagabana namara kuyavunjisha.  Nawe wahise ashakishwa agafatanwa andi mafaranga y’amiganano ibihumbi 30 agizwe n’inoti esheshatu Frw 30,000.  Mu kwisobanura akavuga ko nawe yayahawe n’umuntu utuye mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro atashatse kuvuga amazina ye.”

- Advertisement -

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda muri iriya Ntara avuga ko hari impungenge ko hari n’ahandi bariya bantu bavugwa ho ubutekamutwe baba baratuburiye abacuruzi.

Asaba uwo ari we wese waba warahuye na kiriya kibazo ko yabigeze kuri Polisi kikagira uko gikurikiranwa.

Itandukaniro ry’inoti y’ukuri n’inyiganano…

Ubusanzwe inoti zigira uko zikorwa kandi zikagira nomero ziziranga. Bisa n’aho buri noti igira ikirango cyayo kiyitandukanya n’indi.

Iyo uyifashe mu ntoki, wumva ko ifite ireme ukaba wayishima uti: ‘ Koko mfite inoti!’

Inoti y’inkorano yo iba yoroshye cyane kuko iba ikozwe mu rupapuro bita ‘duplicat.’

Ni rwa rupapuro rworoshye abantu bandikaho badata bagafotoza bakarukata neza ubundi bakarwita inoti isanzwe.

Inzego z’umutekano ziburira abaturage ko bagombye kujya bashishoza ntibihutire gufata igisa n’inoti ngo bakite inoti nyayo.

Itegeko ribihana gute?

Ingingo ya 269 mu itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ivuga ko; Umuntu wese, ku bw’uburiganya wigana, uhindura amafaranga y’ibiceri cyangwa inoti akoreshwa mu Rwanda cyangwa mu mahanga, ibyakwitiranywa nayo, impapuro zifite agaciro k’amafaranga y’igihugu zashyizweho umukono n’inzego zibifitiye ububasha, ziriho tembure yayo cyangwa ikirango cyayo, cyangwa izindi mpapuro zikoreshwa mu Rwanda cyangwa mu mahanga, uzana cyangwa ukwiza mu Rwanda izo mpapuro n’izo noti azi ko ziganywe cyangwa ko zahinduwe, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi (7).

TAGGED:AmafarangafeaturedInotiKicukiroRwamagana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubufatanye Bw’Ubugenzacyaha Bw’u Rwanda N’u Bufaransa
Next Article Umujyi Wa Kigali Ugiye Kubura Amazi Mu Minsi Itatu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?