Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bakurikiranyweho Impapuro Mpimbano Zirimo Izemeza Ko Abantu Bipimishije COVID
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Bakurikiranyweho Impapuro Mpimbano Zirimo Izemeza Ko Abantu Bipimishije COVID

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 November 2021 11:34 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwafashe abantu batatu ruvuga ko rwasanze bafite business yo gukora no kugurisha impapuro mpimbano. Bose ngo batangaga serivisi ku Irembo.

Bafashwe tariki 04, Ugushyingo, 2021.

Basanganywe inyandiko mpimbano  zirimo impamyabumenyi z’icyiciro cy’amashuri yisumbuye, ibyemezo bigaragaza ko umuntu yipimishije COVID 19 by’abajya mu mahanga, indangamuntu, n’icyangombwa gitangwa na kaminuza kigaragaza ko umunyeshuri yarangije amasomo.

Byose ngo ntabwo byari umwimerere.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Urwego rw’ubugenzacyaha ruvuga ko rwasanze bariya bantu bose bafitanye imikoranire.

Umuvugizi wa RIB, Dr. Thierry B. Murangira ati: “ Umwe agira uruhare mu gushaka abakiriya, undi agacura inyandiko mpimbano, undi akazifotora akanazisohora.”

Avuga ko mu gikorwa cyo gushakisha bariya bantu hatahuwe n’ibikoresho byari ahantu hatandukanye byifashishwa mu gukora izi nyandiko.

Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha, RIB, rusaba abakora biriya byaha kubireka bitaba ibyo bakazahanwa n’amategeko.

Rusaba kandi ibigo byose kugira amakenga no gushishoza igihe cyose byakira ibyangombwa, byaba ibitangwa n’ibigo bya Leta cyangwa ibyigenga, bakabanza kuzigenzura ndetse bakanabaza ibigo byatanze ibyo byangombwa niba koko ari umwimerere.

- Advertisement -

Ingingo ya 276 y’itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ivuga ko umuntu wese, ku bw’uburiganya, wandika, wandikisha ibintu bidahuye n’ukuri cyangwa ukora imenyekanisha ritari ryo afatwa nk’uwakoze icyaha cyo gukora ibihimbano.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi (7) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu (3.000.000 frw) ariko atarenga miliyoni eshanu (5.000.000 frw) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

Iyi ngingo kandi ivuga ko umuntu wese uzi ko inyandiko ari impimbano, akayikoresha ku buryo ubwo ari bwo bwose, aba akoze icyaha, kandi ahanishwa ibihano byavuzwe haruguru.

TAGGED:featuredIbyahaRIBUrwego
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article EAC Pass: Abapimwe n’Abakingiwe COVID-19 Bagiye Koroherezwa Mu Ngendo Mu Karere
Next Article Icyuho Cy’Ibyo U Rwanda Rutumiza N’Ibyo Rwohereza Hanze Cyaragabanutse
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?