Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: BAL Yahaye Minisiteri Y’Uburezi Mudasobwa 150 
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

BAL Yahaye Minisiteri Y’Uburezi Mudasobwa 150 

admin
Last updated: 23 May 2021 11:21 pm
admin
Share
SHARE

Ubuyobozi bwa Basketball Africa League bwageneye Minisiteri y’Uburezi mu Rwanda, MINEDUC, mudasobwa 150, zo gufasha abarimu guha ubumenyi bugezweho abo bigisha.

Uyu muhango wabaye kuri iki Cyumweru ubwo igice cya mbere cyahuzaga ikipe ya AS Douanes na Zamalek cyari kirangiye muri Kigali Arena.

Ni igikorwa cyatanzwemo ubutumwa n’umuyobozi mukuru wa BAL, Amadou Gallo Fall, biciye ku mashusho. Cyitabiriye n’Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Uburezi bw’Ibanze (REB), Dr. Nelson Mbarushimana n’ushinzwe ikoranabuhanga, Dr. Christine Niyizamwiyitira.

Uyu mukino kandi wari witabiriwe n’abarimu bagera ku 150 baturutse ku bigo 65, byo mu turere dutatu aritwo Nyarugenge, Kicukiro na Gasabo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Icyorezo cya COVID-19 cyagize ingaruka mbi ku burezi muri Afurika, gusa cyerekanye akamaro ku burezi mu guteza imbere ikoranabuhanga, nk’uburyo bwiza bw’itumanaho, gukora no kwiga.

Mu guhangana nacyo, u Rwanda rwubatse ibyumba by’amashuri ibihumbi 22, ndetse ruha akazi abarimu bashya ibihumbi 29.

Gahunda ya Minisiteri y’Uburezi ni uguha za mudasobwa abarimu barenga ibihumbi 88 bo mu mashuri y’inshuke, abanza ndetse n’ayisumbuye, ibi bikazabafasha guha ubumenyi abanyeshuri bigendanye n’ikinyejana cya 21.

Amadou Gallo Fall yagize ati ‘‘Mu  mwaka ushize BAL yateye inkunga imiryango itandukanye mu kurwanya Covid-19. Uyu munsi twishimiye gufasha abarimu biciye mu gikorwa cyatangijwe na MINEDUC muri gahunda yo gufasha buri mwarimu kubona ibikoresho bakeneye ngo nabo bafashe urubyiruko kubona ubumenyi bujyanye n’ikinyejana cya 21.’’

‘‘Buri mwarimu muri iri joro arahabwa mudasobwa izamufasha akazi ke. Ndashimira umuyobozi mukuru wa REB, Dr Nelson Mbarushimana n’itsinda bari kumwe kuba bari kumwe na twe hano. Uyu munsi ni uwanyu mwe abarimu, ndabashimira uburyo mwitanga mu izina ry’urubyiruko rwacu. ”

- Advertisement -

Iri rushanwa ryitabiriwe n’amakipe 12 yo muri Afurika, ni ku nshuro ya mbere ribaye. Ryateguwe na FIBA Afrique ku bufatanye na shampiyona ya Basketball muri Amerika, NBA.

U Rwanda ruhagarariwe na Patriots BBC.

Abarimu 150 bahawe mudasobwa

Dr. Nelson Mbarushimana, Umuyobozi Mukuru wa REB

TAGGED:BAL 2021featuredMudasobwaREB
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Aurore Munyangaju Avuga Ko Hari Amafaranga Minisiteri Ye Itazahabwa
Next Article Umushoramari Wo Muri Cameroun Ashinja RDB Guhengamira Kuri Mugenzi We
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?