Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: BAL Yahaye Minisiteri Y’Uburezi Mudasobwa 150 
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

BAL Yahaye Minisiteri Y’Uburezi Mudasobwa 150 

admin
Last updated: 23 May 2021 11:21 pm
admin
Share
SHARE

Ubuyobozi bwa Basketball Africa League bwageneye Minisiteri y’Uburezi mu Rwanda, MINEDUC, mudasobwa 150, zo gufasha abarimu guha ubumenyi bugezweho abo bigisha.

Uyu muhango wabaye kuri iki Cyumweru ubwo igice cya mbere cyahuzaga ikipe ya AS Douanes na Zamalek cyari kirangiye muri Kigali Arena.

Ni igikorwa cyatanzwemo ubutumwa n’umuyobozi mukuru wa BAL, Amadou Gallo Fall, biciye ku mashusho. Cyitabiriye n’Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Uburezi bw’Ibanze (REB), Dr. Nelson Mbarushimana n’ushinzwe ikoranabuhanga, Dr. Christine Niyizamwiyitira.

Uyu mukino kandi wari witabiriwe n’abarimu bagera ku 150 baturutse ku bigo 65, byo mu turere dutatu aritwo Nyarugenge, Kicukiro na Gasabo.

Icyorezo cya COVID-19 cyagize ingaruka mbi ku burezi muri Afurika, gusa cyerekanye akamaro ku burezi mu guteza imbere ikoranabuhanga, nk’uburyo bwiza bw’itumanaho, gukora no kwiga.

Mu guhangana nacyo, u Rwanda rwubatse ibyumba by’amashuri ibihumbi 22, ndetse ruha akazi abarimu bashya ibihumbi 29.

Gahunda ya Minisiteri y’Uburezi ni uguha za mudasobwa abarimu barenga ibihumbi 88 bo mu mashuri y’inshuke, abanza ndetse n’ayisumbuye, ibi bikazabafasha guha ubumenyi abanyeshuri bigendanye n’ikinyejana cya 21.

Amadou Gallo Fall yagize ati ‘‘Mu  mwaka ushize BAL yateye inkunga imiryango itandukanye mu kurwanya Covid-19. Uyu munsi twishimiye gufasha abarimu biciye mu gikorwa cyatangijwe na MINEDUC muri gahunda yo gufasha buri mwarimu kubona ibikoresho bakeneye ngo nabo bafashe urubyiruko kubona ubumenyi bujyanye n’ikinyejana cya 21.’’

‘‘Buri mwarimu muri iri joro arahabwa mudasobwa izamufasha akazi ke. Ndashimira umuyobozi mukuru wa REB, Dr Nelson Mbarushimana n’itsinda bari kumwe kuba bari kumwe na twe hano. Uyu munsi ni uwanyu mwe abarimu, ndabashimira uburyo mwitanga mu izina ry’urubyiruko rwacu. ”

Iri rushanwa ryitabiriwe n’amakipe 12 yo muri Afurika, ni ku nshuro ya mbere ribaye. Ryateguwe na FIBA Afrique ku bufatanye na shampiyona ya Basketball muri Amerika, NBA.

U Rwanda ruhagarariwe na Patriots BBC.

Abarimu 150 bahawe mudasobwa

Dr. Nelson Mbarushimana, Umuyobozi Mukuru wa REB

TAGGED:BAL 2021featuredMudasobwaREB
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Aurore Munyangaju Avuga Ko Hari Amafaranga Minisiteri Ye Itazahabwa
Next Article Umushoramari Wo Muri Cameroun Ashinja RDB Guhengamira Kuri Mugenzi We
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?