Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Barashimira RDF Na Polisi Mu Kububakira ECDs
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Barashimira RDF Na Polisi Mu Kububakira ECDs

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 June 2025 2:18 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Bashima ko RDF na Polisi bagira uruhare mu myigire myiza y'incuke.
SHARE

Nanzagahigo na Sindikubwabo ni bamwe mu babyeyi n’abarezi bashima ko ingabo z’u Rwanda na Polisi bubakiye abana amarerero kugira ngo babone aho bakura uburezi bw’ibanze buri ncuke ikenera.

Ubutumwa bwabo buvuga akamaro ibyumba byubatswe na Polisi n’ingabo byagiriye kandi bizeye ko bizakomeza kugirira abana babo.

Nanzagahigo na Sindikubwabo basanzwe ari abarezi.

Ati: “Nitwa Nanzagahigo Harani Jean Marie-Vianney ndi umuyobozi wungirije ushinzwe amasomo muri GS Kitaba TSS. Mu cyiciro cy’amashuri y’incuke dufitemo abanyeshuri 323 bigira mu byumba bitatu bakaba bafite n’abarimu batatu”.

Ubwo bwinshi bw’abana, ubuke bw’abarimu n’ahantu hato ho kwigira bibangamira ireme ry’imyigire y’abana n’iry’imyigishirize y’abarimu, uyu muyobozi akavuga ko umunsi ibyumba RDF/RNP bari kubaka nibyuzura bizakemura icyo kibazo.

Ati: “ Tukaba dushimira inzego z’umutekano k’ubufatanye bwa Leta y’u Rwanda kubera igikorw cyiza badukoreye cyo kutwubakira ishuri rizigirwamo abana bo muri Gardienne ya mbere.

Sindikubwabo Christophe uyobora ikigo cya GS Murambi avuga ko ECD bubakiwe na ziriya nzego, zibafitiye akamaro gakomeye.

Mu gihe cy’itangira ry’amashuri, hari abana baburaga ibyumba byo kwigiramo, bakiga bibagoye.

Ashima ko ibyuma bari kubakirwa nibyuzura bizafasha abana bo mu Kagari byubatswemo kubona aho bigira bitabagoye.

Bagirente Jean de Dieu, umwe mu babyeyi bo mu Murenge wa Shyira muri Nyabihu nawe ashima ko abana bagiye kwiga bisanzuye.

Ingabo z’u Rwanda na Polisi basanganywe gahunda ngarukamwaka yo kubakira abaturage ibikorwaremezo bigamije kuzamura urwego rw’imibereho yabo.

Bijyanirana no kubavura indwara zimwe na zimwe, abandi bakorozwa amatungo cyangwa bagahabwa ubundi bufasha butuma imibereho yabo izamuka.

Bisanzwe mu nshingano Perezida wa Repubulika Paul Kagame yahaye izi nzego mu rwego kurinda abaturage haba mu gihe cy’amahoro no mu gihe cy’intambara.

TAGGED:AbanaAmashurifeaturedPolisiRDF
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article FPR Yubakiye Uwapfushije Umwana Mu Muvundo Wo Kwamamaza Kagame
Next Article Ubuyobozi Bw’Akarere Ka Gicumbi Bwakebuwe Kubera Umwanda Mu Baturage
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

Kabila Arasomerwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Ebola Yagarutse Muri DRC

Ab’i Musanze Bibukijwe Akamaro Ingagi Zibafitiye

Rwanda: Ibiciro By’Ibikomoka Kuri Petelori Byazamutse

You Might Also Like

IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Abageni Bwari Bucye Basezerana Bakubiswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Rulindo: Yafatanywe Ayo Kwishyura Abacukura Amabuye Mu Buryo Butemewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?