Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: BDF Imaze Kutera Inkunga Imishinga Ifite Agaciro Ka Miliyari Zirenga 100
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

BDF Imaze Kutera Inkunga Imishinga Ifite Agaciro Ka Miliyari Zirenga 100

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 March 2024 5:59 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Vincent Munyeshyaka uyobora Ikigega gishinzwe guteza imbere imishinga mito n’iciriritse avuga ko mu myaka imaze ikora imaze guha abantu inkunga ingana na Miliyari Frw 100, iyo mishinga ibarirwa mu bihumbi mirongo.

Avuga ko intego yo gutanga iyo nguzanyo ari ukugira ngo Banki zizere abaje kuziguza, zibahe inguzanyo hanyuma nihagira igihombo cyumvikana kibaye, BDF izabone uko ibishyurira icyo gihombo binyuze ku bwumvikane buri mu masezerano.

Impamvu zituma amabanki adaha imari abaturage cyane cyane urubyiruko ari uko inyinshi[banki]  zikorera mu mujyi kandi abakeneye iyo nkunga batuye ahanini mu cyaro.

Mu mwaka wa 2008, Leta yashyizeho za SACCOS ku mirenge kugira ngo ifashe abaturage kugera ku mari, nyuma BDF iza kuvuka mu mwaka wa 2011.

Mbere yakoraga nk’ikigo gikorera muri Banki y’iterambere, BRD.

Munyeshyaka avuga ko ikigo ayobora gishinzwe gufasha abantu kubona iyo nguzanyo bigakorwa binyuze mu gusinya amasezerano yo kumutangira ingwate ingana na 50% ariko ishobora kuzamuka  ku byiciro byihariye birimo urubyiruko, abagore n’abafite ubumuga ikagera kuri 75%.

Ati: “Iyo haramutse habaye igihombo cyumvikana nibwo BDF izamo ikaba yaza kwishyura binyuze mu mpamvu zumvikana”.

Ibi ngo bikorwa mu kwishyurira abantu ingwate igihombo cyumvikana.

Fred Musiime uyobora Umuryango Nyarwanda uharinira iterambere ry’Umuturage ( CRD) avuga ko bakorana cyane cyane n’urubyiruko bakarushishikariza kugana BDF ngo bagurizwe.

Urubyiruko bakorana narwo rungana na 70%, abenshi bakaba ari bo muri Gasabo, muri Nyarugenge, muri Kayonza no muri Nyagatare.

Avuga ko gukorana n’urubyiruko byatumye babona ko icyo rukunda kubura ari igishoro. Ikindi ni uko abatanze imishinga batabwirwa icyatumye idatoranywa ngo bamenye icyo bakosora.

Ati: “ Hari abo tuzi bakorana n’izi serivisi ariko hari abandi tuganira bakatubwira ko babona mo imbogamizi. Inkuru muri zo ni uko iyo batanze imishinga batabwirwa niba yaraciyemo cyangwa itaraciyemo, bikabaca intege”.

Asaba ko byaba byiza bagiye babwirwa ibitaragenze neza byatumye batsindwa kugira ngo bamenye uko icyo bazanoza.

Ikindi bavuga ko kibagoye ni ukutamenya ibigenderwaho ngo umushinga ucemo.

Musiime avuga ko hari n’ubwo abakozi ba BDF ku Mirenge bagaragaza imikorere mibi bigaca intege ababagana.

Vincent Munyeshyaka nk’Umuyobozi wa BDF  avuga ko kuba hari imishinga itangwa ntihamenyekane niba yarashimwe cyangwa byaranze, iki kibazo cyakemutse kuko nyuma yo gutoranya, hakurikiraho gukuramo ibyatsinze kandi abantu bakamenyeshwa binyuze kuri emails.

Ngo ni gahunda yatangiye mu mwaka wa 2024 ariko hakaba na gahunda yo kuzajya bamenyesha abantu ibyavuyemo binyuze muri messages zica kuri telefoni.

Imishinga yose igezwa muri Banki ishobora gutangirwa ingwate na BDF kandi iyo mishinga( imito n’iciriritse) igomba kuba ikoresha abantu batari munsi y’ijana kandi ifite agaciro ka miliyoni riri hagati y’imwe na miliyoni magana atanu z’amafaranga y’u Rwanda.

Ukoze umushinga awushyira BDF ikawiga awikoreye cyangwa abifashinjwemo n’abitwa business advisers bakorana na BDF.

Iyo umushinga ugeze mu maboko y’abakozi ba BDF barawusuzuma bakareba niba ukozwe neza kandi ni ibyo bahemberwa na BDF buri kwezi bityo ngo nta kiguzi baca umuturage.

Ifoto: Vincent Munyeshyaka uyobora BDF

TAGGED:BDFfeaturedImariIngwateUbukungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rubavu: Haravugwa Abajya Muri Wazalendo Bizejwe Amafaranga
Next Article Leta Y’Uburundi Iravugwaho Gutekinika Imibare Y’Abicwa Na RED Tabara
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?