Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Benjamin Netanyahu Yahawe Ububasha Bwo Gushyiraho Guverinoma Nshya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Benjamin Netanyahu Yahawe Ububasha Bwo Gushyiraho Guverinoma Nshya

admin
Last updated: 06 April 2021 2:57 pm
admin
Share
SHARE

Perezida wa Israël Reuven Rivlin yahaye ububasha Benjamin Netanyahu bwo gushyiraho guverinoma nshya, igomba kuyobora icyo gihugu mu bihe biri imbere.

Netanyahu yemejwe kuri uyu wa Kabiri tariki 6 Mata, nyuma y’ibiganiro Perezida Rivlin yagiranye n’amashyaka yabonye imyanya mu nteko ishinga amategeko mu matora yabaye ku wa 23 Werurwe, amatora ya kane abaye mu myaka ibiri ishize.

Mu ijambo ryanyuze kuri televiziyo, Perezida Rivlin yagize ati “Nafashe icyemezo nshingiye ku bitekerezo byagaragaje ko depite Benjamin Netanyahu ari mu mwanya mwiza wo kuba yashyiraho guverinoma.”

Mu mashyaka yahatanye mu matora aheruka nta na rimwe ryabonye ubwiganze mu nteko ishinga amategeko ku buryo ryari guhita rishyiraho guverinoma. Netanyahu bizamusaba kwegera amashyaka atandukanye bakishyira hamwe kugira ngo guverinoma iboneke.

Mu biganiro byabaye, Benjamin Netanyahu w’ishyaka Likud yabonye amajwi 52 y’abadepite bamushyigikiye mu 120 baheruka gutorwa, mu gihe Yesh Atid uyobora ishyaka Yair Lapid yabonye 45 naho Naftali Bennett wa Yamina abona barindwi.

Amashyaka atatu yabonye imyanya 16 mu nteko, yo mu biganiro na Perezida Rivlin yanze gutoranya umukandida.

Netanyahu agiye gukora uyu murimo mu gihe akomeje gukurikiranwa n’inkiko ku byaha bya ruswa no gukoresha nabi ububasha ahabwa n’amategeko.

Ni we Minisitiri w’intebe wa Israel umazeho igihe kinini, imyaka 12 yikurikiranya.

TAGGED:Benjamin Netanyahu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Munyabagisha Wayoboraga Komite Olempiki Yeguye
Next Article Vladimir Putin Yasinye Itegeko Rishobora Kumugumisha Ku Butegetsi Kugeza mu 2036
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Israel Yongereye Ibitero Muri Gaza 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?