Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Besigye Yafunzwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Besigye Yafunzwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 November 2024 2:38 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kizza Besigye uri mu batavuga rumwe na Leta ya Uganda tavuga yafungiwe muri gereza ya gisirikare i Kampala nyuma y’iminsi micye yari amaze muri Kenya.

Umugore we Winnie Byanyima niwe wabitangaje akemeza ko yashimuswe kuwa Gatandatu avuye i Nairobi.

Kuri X, uyu mugore usanzwe uyobora Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye Rishinzwe Kurwanya SIDA ( UNAIDS), yagize ati ” Ndasaba ubutegetsi bwa Uganda kurekura umugabo wanjye Dr. Kizza Besigye”.

Yavuze ko atumva uko Besigye afungirwa muri gereza ya gisirikare kandi atari umusirikare.

Icyakora yigeze kuba we kuko ari Colonel wagiye mu kiruhuko cy’izabukuru.

Ni na muganga wabigize umwuga.

Amakuru akavuga ko yaba yarakatiwe muri Kenya aho yari yagiye mu muhango wo kumurika igitabo, nyuma yoherezwa i Kampala.

Muri Uganda itangazamakuru ritangaza ko abarwanashyaka benshi b’ishyaka FDC rya Besigye bateraniye ku rukiko rwa gisirikare rwa Makindye i Kampala.

Kizza Besigye afite imyaka 68 y’amavuko.

Yiyamamarije kuba Perezida wa Uganda inshuro enye atsindwa.

Itabwa muri yombi rye ryongeye gutuma Kenya itarebwa neza n’abaharanira uburenganzira bwa muntu nyuma y’uko no muri Nyakanga, yari yafashe abantu 36 baturutse muri Uganda, ikabasubiza icyo gihugu ubu bakaba bari mu nkiko baregwa ibyaha bijyanye n’iterabwoba.

TAGGED:AmatoraBesigyefeaturedGufunga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uruhare Rw’Abaturage Mu Bibakorerwa Ruri Kuri 74%- Minisitiri W’Ubutegetsi Bw’Igihugu
Next Article Musanze: Abaturage Basabwe Kuzibukira Inzoga Ahubwo Bagakora
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Urugo Rwa Azarias Ruberwa Rwatewe

Abaturage 354,000 Bagiye Guhabwa Amazi Meza

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

DRC: Abanyamahanga Ntibemerewe Gukora Ubucuruzi Buto Buto

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?