Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bill Clinton Ari Mu Bitaro
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Bill Clinton Ari Mu Bitaro

admin
Last updated: 15 October 2021 7:28 am
admin
Share
SHARE

Bill Clinton wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ari mu bitaro, kubera uburwayi bwo mu maraso buzwi nka ‘blood infection’.

Clinton w’imyaka 75, ku wa Kabiri nimugoroba nibwo yajyanywe mu bitaro mu mujyi wa Irvine mu Majyepfo ya California, nk’uko umuvugizi we Angel Urena yabitangaje binyuze kuri Twitter.

Yavuze ko ubwo burwayi ntaho buhuriye n’icyorezo cya COVID-19.

Yakomeje ati “Arimo koroherwa kandi arashimira cyane abaganga, abaforomo n’abandi bakozi bamwitayeho mu buryo by’intangarugero.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Arwariye muri University of California Irvine Medical Center. Abaganga bemeje ko mu minsi mike ashobora gusezererwa mu bitaro kuko imiti arimo guhabwa irwanya udukoko mu mubiri (antibiotics) irimo kumufasha mu buryo bugaragara.

Clinton yabaye Perezida wa 42 wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, wategetse hagati y’imyaka ya 1993 – 2001.

Ku myaka 46, Clinton yabaye perezida wa gatatu wa Amerika watowe akiri muto mu mateka y’icyo gihugu.

Mu 1998 ariko yaje kweguzwa n’Abadepite, bamushinja kubeshya ku mubano wihariye yari afitanye na Monica Lewinsky wakoraga muri White House.

Yaje kugirwa umwere na Sena muri Gashyantare 1999.

- Advertisement -

 

TAGGED:Bill ClintonCaliforniaCOVID-19featuredIrvine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Polisi Zo Mu Karere U Rwanda Ruherereyemo Zateranye, Ni Izihe Ngingo Bari Kwigaho?
Next Article U Burundi Bwakiriye Inkingo Za Mbere Za COVID-19
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?