Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bintu Keita Uyobora MONUSCO Avuga ko M23 Ikomeje Gukataza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Bintu Keita Uyobora MONUSCO Avuga ko M23 Ikomeje Gukataza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 March 2024 7:25 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umukuru w’ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (MONUSCO)  witwa Bintu Keita avuga ko M23 ikomeje “gutera intambwe cyane no kwagura ubutaka igenzura ku kigero kitari cyarigeze kibaho mbere”.

Yatanze urugero rw’uko kuva mu Ukuboza, 2023 imirwano hagati y’uyu mutwe n’ingabo za DRC yakomeje gukara.

Hagati aho kandi ni uko n’amahanga yakomeje gusaba ko iyo mirwano yahosha ariko biba iby’ubusa.

Ibihugu byazamuye ijwi cyane bisaba ko buri ruhande rwakorohera urundi ni Amerika n’Ubufaransa ariko na Qatar ndetse na Angola byakoze ubuhuza.

Umukuru wa MONUSCO yavuze ko iyo urebye uko ibintu bimeze mu rwego rw’umutekano muri iki gihe usanga bikomeye ku buryo bishobora guhinduka igihe icyo ari cyo cyose bikaba bibi kurushaho.

Ibyo Keita yavugaga yabivugiraga mu kiganiro yahaye abanyamakuru mu buryo bw’ikoranabuhanga, abo banyamakuru bakaba bari bakoraniye mu Ngoro y’Umuryango w’Abibumbye iri i New York muri Amerika.

Nawe yunze mu ry’abandi banyacyubahiro ku isi, asaba impande zihanganye mu Burasirazuba bwa DRC gushyira intwaro hasi, zikayoboka ibiganiro by’amahoro.

Uruhande rwa Leta ya DRC yarusabye gukomeza kuba muri gahunda zigamije amahoro zashyizweho n’Akarere cyangwa abandi.

Keita kandi yavuze ko ikibazo cy’umutekano mucye cyateje akaga gakomeye ku mibereho, abaturage bata ingo zabo bahungira imbere mu gihugu ku kigero kitari cyarigeze kibaho mbere.

Yanabwiye abanyamakuru ko igikorwa cya gisirikare cya MONUSCO na FARDC cyatangiye mu Ugushingo, 2023 cyiswe ‘Operation Springbok’ kigamije kubuza  M23 kuba yafata imijyi ya Goma na Sake, gikomeje.

BBC ivuga ko uyu munyapolitiki yabwiye abanyamakuru ko impande zombi “zikorana ibikorwa bya gisirikare byinshi” mu kurinda abasivile mu Ntara ya Kivu ya Ruguru na Ituri zo mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Yavuze ko ‘Operation Springbok’ yashinze ibirindiro by’ubwirinzi mu nkengero y’inzira zose zerekeza i Goma na Sake, kandi ko yongerewe imbaraga muri Gashyantare (2) uyu mwaka, nyuma yo gusubiza inyuma igitero cya M23 i Sake.

Ibi kandi ngo bitandukanye n’utundi duce tw’Intara ya Kivu ya Ruguru inyeshyamba za M23 zagiye zigarurira kuva muri teritwari za Rutshuru, Nyiragongo na Masisi.

Tumwe muri two badufashe nta mirwano ibaye, icyakora Sake ho si ko byagenze.

Amezi agiye kuba abiri M23 ivugwa mu nkengero za Sake, ingabo za Leta n’abazifasha bakora ibitero bya hato na hato byo kwigizayo M23 no kufungura umuhanda wa Minova – Sake – Goma ariko bikananirana.

Keita yashinje M23 ko ubwo yagezaga ijambo ku Kanama k’Umutekano ka ONU, yamenye amakuru ko M23 yagabye igitero ku kigo cya gisirikare cy’ahitwa Mubambiro ahari ingabo zo mu butumwa bw’Afurika y’Amajyepfo (SAMIDRC).

Keita yavuze ko nubwo intumwa y’u Rwanda n’iya DR Congo bongeye guterana amagambo muri ONU, asanga ubwo bushyamirane – avuga ko bukiri hejuru cyane hagati y’ibihugu byombi – kuri ubu nta byago bihari by’uko bwageza ku ntambara yeruye hagati y’ibihugu byombi.

Avuga ko ibi kandi binaterwa  n’umuhati  wa Perezida w’Angola João Lourenço wo kugira ngo hasubukurwe ibiganiro hagati y’ibihugu byombi.

TAGGED:DRCfeaturedIngaboIntambaraKeitaM23
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RSSB Igiye Kujya Imenyesha Umukozi Ko Atazigamirwa
Next Article Eddy Kenzo Yaje Gushyigikira Platini
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?