Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bintu Keita Uyobora MONUSCO Avuga ko M23 Ikomeje Gukataza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Bintu Keita Uyobora MONUSCO Avuga ko M23 Ikomeje Gukataza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 March 2024 7:25 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umukuru w’ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (MONUSCO)  witwa Bintu Keita avuga ko M23 ikomeje “gutera intambwe cyane no kwagura ubutaka igenzura ku kigero kitari cyarigeze kibaho mbere”.

Yatanze urugero rw’uko kuva mu Ukuboza, 2023 imirwano hagati y’uyu mutwe n’ingabo za DRC yakomeje gukara.

Hagati aho kandi ni uko n’amahanga yakomeje gusaba ko iyo mirwano yahosha ariko biba iby’ubusa.

Ibihugu byazamuye ijwi cyane bisaba ko buri ruhande rwakorohera urundi ni Amerika n’Ubufaransa ariko na Qatar ndetse na Angola byakoze ubuhuza.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Umukuru wa MONUSCO yavuze ko iyo urebye uko ibintu bimeze mu rwego rw’umutekano muri iki gihe usanga bikomeye ku buryo bishobora guhinduka igihe icyo ari cyo cyose bikaba bibi kurushaho.

Ibyo Keita yavugaga yabivugiraga mu kiganiro yahaye abanyamakuru mu buryo bw’ikoranabuhanga, abo banyamakuru bakaba bari bakoraniye mu Ngoro y’Umuryango w’Abibumbye iri i New York muri Amerika.

Nawe yunze mu ry’abandi banyacyubahiro ku isi, asaba impande zihanganye mu Burasirazuba bwa DRC gushyira intwaro hasi, zikayoboka ibiganiro by’amahoro.

Uruhande rwa Leta ya DRC yarusabye gukomeza kuba muri gahunda zigamije amahoro zashyizweho n’Akarere cyangwa abandi.

Keita kandi yavuze ko ikibazo cy’umutekano mucye cyateje akaga gakomeye ku mibereho, abaturage bata ingo zabo bahungira imbere mu gihugu ku kigero kitari cyarigeze kibaho mbere.

- Advertisement -

Yanabwiye abanyamakuru ko igikorwa cya gisirikare cya MONUSCO na FARDC cyatangiye mu Ugushingo, 2023 cyiswe ‘Operation Springbok’ kigamije kubuza  M23 kuba yafata imijyi ya Goma na Sake, gikomeje.

BBC ivuga ko uyu munyapolitiki yabwiye abanyamakuru ko impande zombi “zikorana ibikorwa bya gisirikare byinshi” mu kurinda abasivile mu Ntara ya Kivu ya Ruguru na Ituri zo mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Yavuze ko ‘Operation Springbok’ yashinze ibirindiro by’ubwirinzi mu nkengero y’inzira zose zerekeza i Goma na Sake, kandi ko yongerewe imbaraga muri Gashyantare (2) uyu mwaka, nyuma yo gusubiza inyuma igitero cya M23 i Sake.

Ibi kandi ngo bitandukanye n’utundi duce tw’Intara ya Kivu ya Ruguru inyeshyamba za M23 zagiye zigarurira kuva muri teritwari za Rutshuru, Nyiragongo na Masisi.

Tumwe muri two badufashe nta mirwano ibaye, icyakora Sake ho si ko byagenze.

Amezi agiye kuba abiri M23 ivugwa mu nkengero za Sake, ingabo za Leta n’abazifasha bakora ibitero bya hato na hato byo kwigizayo M23 no kufungura umuhanda wa Minova – Sake – Goma ariko bikananirana.

Keita yashinje M23 ko ubwo yagezaga ijambo ku Kanama k’Umutekano ka ONU, yamenye amakuru ko M23 yagabye igitero ku kigo cya gisirikare cy’ahitwa Mubambiro ahari ingabo zo mu butumwa bw’Afurika y’Amajyepfo (SAMIDRC).

Keita yavuze ko nubwo intumwa y’u Rwanda n’iya DR Congo bongeye guterana amagambo muri ONU, asanga ubwo bushyamirane – avuga ko bukiri hejuru cyane hagati y’ibihugu byombi – kuri ubu nta byago bihari by’uko bwageza ku ntambara yeruye hagati y’ibihugu byombi.

Avuga ko ibi kandi binaterwa  n’umuhati  wa Perezida w’Angola João Lourenço wo kugira ngo hasubukurwe ibiganiro hagati y’ibihugu byombi.

TAGGED:DRCfeaturedIngaboIntambaraKeitaM23
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RSSB Igiye Kujya Imenyesha Umukozi Ko Atazigamirwa
Next Article Eddy Kenzo Yaje Gushyigikira Platini
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?