Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: BioNTech Yatanze Ikoranabuhanga Rizakoreshwa Mu Nkingo Za COVID-19 Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

BioNTech Yatanze Ikoranabuhanga Rizakoreshwa Mu Nkingo Za COVID-19 Mu Rwanda

admin
Last updated: 27 August 2021 2:22 pm
admin
Share
FILE PHOTO: A vial labelled with the Pfizer-BioNTech coronavirus disease (COVID-19) vaccine is seen in this illustration picture taken March 19, 2021. REUTERS/Dado Ruvic/Illustration/File Photo
SHARE

Minisitiri w’Ubuzima Dr Ngamije Daniel yatangaje ko mu minsi mike inkingo za Covid-19 zizatangira gukorerwa mu Rwanda, nyuma y’uko ikigo BioNTech cyemeye gutanga ikoranabuhanga rizifashishwa.

Ni nyuma y’inama Perezida Paul Kagame yagiranye n’ibigo bitandukanye, mu ruzinduko arimo mu Budage.

BioNTech yo mu Budage ni yo yatanze ikoranabuhanga rya mRNA rikoreshwa mu gukora inkingo zimenyerewe nka Pfizer.

#Covid19 mRNA vaccine production soon effective in Rwanda and Senegal.Thanks to BioNTech committed for Tech and Knowledge Transfer for manufacturing vaccines in https://t.co/rK4Mk6Y1hU KenUP foundation congs for catalytic role … https://t.co/UQDxttBe6A pic.twitter.com/hADkIwvXV1

— Dr. Ngamije Daniel (@DrDanielNgamije) August 27, 2021

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Perezida Kagame ari mu Budage aho yitabiriye inama izwi nka G-20 Compact with Africa, igamije kongera ishoramari muri Afurika, mu nzego z’abikorera.

Mu ishoramari ryashyizwe mu biganirwaho muri iriya nama harimo n’irijyanye no gukorera inkingo za Covid-19 muri Afurika, mu nganda zirimo kubakwa mu Rwanda, Sénégal na Afurika y’Epfo.

Minisitiri Ngamije yatangaje ko BioNTech yemeye gutanga ikoranabuhanga ku nkingo zizakorerwa mu Rwanda na Sénégal, ku buryo mu gihe kiri imbere imishinga izatangira.

Mu Budage, Perezida Kagame yanagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Senegal, Macky Sall.

Yaganiriye kandi n’abaterankunga n’uwo mushinga barimo Sabine Dall’Omo uyobora Siemens South Africa, Werner Hoyer uyobora European Investment Bank na Holm Heller uyobora kENUP Foundation.

- Advertisement -

U Rwanda rumaze iminsi rwubaka ubushobozi bwo gukorera inkingo za Covid-19 mu gihugu, kimwe n’ibindi bikoresho nkenerwa byo kwa muganga.

Ni urugendo rwahereye ku kuzamura ubushobozi bw’Ikigo gishinzwe kugenzura ibiribwa n’imiti mu Rwanda, Rwanda FDA, igikorwa cyitezweho guha icyizere abashoramari muri uru rwego.

Ni gahunda yitezweho kugabanya uburyo Afurika yiringira amahanga ku nkingo ikenera ziva hanze hejuru ya 99%.

Bizatuma haboneka inkingo nyinshi zikorerwa muri Afurika kandi zigenewe Abanyafurika, muri iki gihe bakeneye gukingirwa Covid-19 ariko kubona inkingo ntibyoroshye.

Bibarwa ko Abanyafurika bakingiwe magingo aya batararenga 2%.

TAGGED:BioNTechCOVID-19featured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwinjije Miliyoni $121 Mu Bukerarugendo Mu 2020
Next Article Cristiano Ronaldo Yasubiye Muri Manchester United
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?