Bishop Mbanda Yatorewe Kuyobora Ihuriro Ku Isi Ry’Abangilikani ‘Babona Ibintu Ukundi’

Umwanditsi wa Taarifa
2 Min Read

Umunyarwanda yatorewe kuba umukuru w’ihuriro ry’Abangilikani ritemera amwe mu mahame y’ubutegetsi busanzweho bw’iri dini ku isi rikuriwe na Archbishop of Canterbury wo mu Bwongereza.

Reverand Laurent Mbanda yatorewe kuba umukuru w’Ihuriro bise Global Fellowship of Confessing Anglicans (Gafcon) mu ikoraniro riteraniye muri Nigeria, hari mu gikorwa cyabaye kuwa gatatu nijoro.

Ibyavuye mu itora ryabo byatangajwe uyu munsi, nk’uko bivugwa n’umunyamakuru wa BBC wari uri muri Nigeria.

Mbanda asanzwe ari umukuru w’idini Angilikani mu Rwanda.

Aya makuru asobanuye kurushaho gucikamo ibice kw’iri dini Angilikani – rya gatatu rinini ku isi mu madini ya gikristu.

Ibi bibaye kandi mu gihe habura iminsi itatu gusa ngo Sarah Mullally yimikwe k’umugaragaro nka Archibishop of Canterbury.

SalahMullay niwe mugore wa mbere watorewe kuba umukuru wa Angilikani ku isi, imirimo yatangiye mu mpera z’ukwezi kwa Mutarama, 2026.

Archibishop of Canterbury ntacyo aravuga ku itorwa rya Mbanda, gusa ubutegetsi bwa Angilikani ku isi mbere bwanenze ishingwa n’ibikorwa by’ihuriro Gafcon yatorewe kuyobora.

Aya matora yashyizeho Rev. Mbanda ni kimwe mu bikorwa bikomeye Gafcon ikoze mu nteko yayo y’uyu mwaka iteraniye i Abuja.

Gafcon ubwayo ivuga ko itari “umutwe wigometse, wo gucamo ibice” kandi ishimangira ko “ihagarariye ba nyamwishi mu bangilikani ku isi”.

Ihuriro rya Gafcon rivuga ko ritarwanya ko Archbishop of Canterbury aba umugore, ahubwo rishinja ubutegetsi bw’iri dini mu Bwongereza kuzana “inyigisho zidasanzwe” mu kwemera kwa Angilikani zitajyanye na Bibiliya.

Ikintu banenze cyane muri izo nyigisho ni uguha umugisha abashakaga gushyingirwa bahuje igitsina no kubemerera kuba abapadiri ndetse n’abasenyeri muri iri dini.

Justin Murff, umwe mu bakuriye iri huriro, yabwiye abanyamakuru mu kiganiro kuwa gatatu ko Gafcon atari igice cyiyomoye ku muryango mugari wa Angilikani ku isi, ahubwo ko ari Itorero ry’Ubwongereza ryiyomoye kuri uwo muryango mugari.

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *