Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bizasaba Iminsi 100 Ngo Haboneke Urukingo Rwa COVID-19 Iherutse Kwaduka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

Bizasaba Iminsi 100 Ngo Haboneke Urukingo Rwa COVID-19 Iherutse Kwaduka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 November 2021 12:01 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuhanga witwa Stephane Bancel uyobora uruganda rukora inkingo mu Bwongereza rwitwa Moderna yatangaje ko kugira ngo abahanga bazabe barangije gukora urukingo rwahangana na COVID-19 yihindurije yitwa Omicron bizafata byibura iminsi 100.

Abandi bahanga bavuga ko muri iki gihe inkingo zihari zifasha umuntu kutazahazwa n’iriya virusi nshya ariko ngo ntizifite ubushobozi buhagije.

Iyi niyo mpamvu abahanga bari gukora uko bashoboye ngo bakore urukingo rwihariye rw’iriya virusi yihinduranyije kuko ifite ubukana bwihariye.

Aho ririya virusi yiswe Omicron ibera inshoberabahanga ni uko muri proteins zayo yifitemo ubushobozi bwo kwihinduranya inshuro 32.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image
Iyi virusi yarihinduranyije k’uburyo yabereye abahanga inshoberamahanga

Ibi bituma inkingo zari zisanzweho zibura uko zihangana mu buryo bufatika n’imikorere yiriya virusi.

Bancel yabwiye  the Financial Times ati: “ Bagenzi banjye tuganira bose nabo bambwira ko ibintu bitazaba byiza, ibintu mu by’ukuri ntibyoroshye.”

Indi mpungenge ihari ni uko buriya bwoko bwa COVID yihinduranyije bufite ubushobozi bwo kwanduza abantu bamaze amezi atandatu bafashe n’urukingo rwa kabiri.

Ni impungenge ziterwa n’uko ubushakashatsi bwerekanye ko nyuma y’ariya mezi, umubiri uba watakaje ubushobozi bwo kwirwanaho bungana na 80% .

Iyi nkuru itangajwe n’abahanga bo mu Bwongereza ije nyuma y’uko hari ibihugu byinshi ku isi byafashe umwanzuro wo gukumira ko buriya bwandu bw’iriya Virusi bubigeramo.

- Advertisement -

Muri ibyo bihugu harimo n’u Rwanda.

Inama y’Abaminisitiri iheruka guterana yanzuye ko abantu bazajya bava mu bihugu byo mu Majyepfo y’Afurika bazajya bashyirwa mu kato, bagapimwa kiriya cyorezo biyishyuriye ariko nyuma y’iminsi irindwi bakongera gupimwa bishyuriwe na Leta.

Perezida Kagame ubwo yayoboraga Inama y’Abaminisitiri iheruka yize ku ngamba zo kwirinda COVID-19

Itangazo riherutse gusohorwa na Minisiteri y’ubuzima rivuga ko u Rwanda rugiye gutangira gutanga urukingo rushimangira ebyiri za COVID-19, ruzahabwa abantu bahawe inkingo zitangwa ari ebyiri cyangwa izitangwa muri doze imwe.

Bitangajwe kandi mu gihe ubushakashatsi bukomeje kugaragaza ko nyuma y’amezi atandatu ubwirinzi butangwa n’urukingo rwa Covid-19 butangira kugabanyuka, mu gihe ubundi zifasha umuntu kutaremba cyangwa kuzahazwa n’iki cyorezo.

Umunyamabanga wa Leta Ushinzwe Ubuvuzi bw’Ibanze Dr Mpunga Tharcisse yatangaje ko Minisiteri y’Ubuzima izatangira gutanga uru rukingo tariki ya 30 Ugushyingo 2021, ni ukuvuga kuri uyu wa Kabiri.

Yagize ati: “Tuzatangira gahunda yo gutanga doze ishimangira y’urukingo rwa Covid-19 mu mujyi wa Kigali ku byiciro by’abakuze kuva ku myaka 50 kuzamura n’abafite imyaka hagati ya 30 na 49 ariko babana n’uburwayi budakira cyangwa bafite indwara zagabanya ubudahangarwa bw’umubiri, n’abakozi bo kwa muganga.”

Doze ishimangira y’urukingo rwa Covid-19 itangwa nyuma y’amezi 6 (iminsi 180) nyuma yo gukingirwa byuzuye.

Ngo  ishobora gufatwa nka doze ya gatatu ku nkingo zitangwa muri doze ebyiri, cyangwa igafatwa nka doze ya kabiri ku bahawe ubwoko bw’inkingo zifatwa muri doze imwe.

Inkingo zitangwa nka doze imwe ni Johnson & Johnson, mu gihe izitangwa ari ebyiri mu Rwanda zirimo Moderna, Pfizer-BioNTech, AstraZeneca na Sinopharm.

Abahanga bamaze kugaragaza ko urukingo rushimangira rushobora kuba rutandukanye n’urwo umuntu yahawe mbere.

TAGGED:COVID-19featuredOmicronVirusi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda- Google: Ubufatanye Burambye Mu Ikoranabuhanga
Next Article Inama Komisiyo Y’Uburenganzira Bwa Muntu Iha Abakoresha YouTube Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?