Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: BNR Igiye Gukomorera Ibigo Bishya By’Ubwishingizi Ku Isoko Ry’u Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

BNR Igiye Gukomorera Ibigo Bishya By’Ubwishingizi Ku Isoko Ry’u Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 December 2021 2:05 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) yatangaje ko guhera ku wa 1 Mutarama 2022 izakomorera ibigo bishya by’ubwishingizi byifuza gukorera mu Rwanda, nyuma y’imyaka itanu ubwo burenganzira budatangwa.

Guhagarika ubwo burenganzira ni icyemezo cyafashwe muri Gashyantare 2017, nyuma y’uko byari bikomeje kugaragara ko Urwego rw’ubwishingizi rudatanga umusaruro ukwiye haba mu nyungu y’imirimo bikora cyangwa ubwiza bwa serivisi bitanga.

Mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Kane, BNR yavuze ko icyo gihe yashakaga kubanza kwita ku mavugurura akenewe muri urwo rwego yaba ajyanye n’amategeko, igenzuramikorere, imiyoborere no kuzamura imari shingiro.

Ni ibintu byazanye impinduka ku buryo nk’ikigero cy’ibihombo ibigo by’ubwishingizi byigenga byagiraga biturutse ku murimo w’ubucuruzi byavuye kuri miliyari 4.2 Frw muri Kamena 2017 kigera kuri miliyoni 400 Frw muri Kamena 2021.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Guverineri John Rwangombwa yatangaje ko nyuma y’amavugurura yakozwe, icyemezo gihagarika kwakira ibigo bishya ku isoko kigiye gukurwaho.

Yakomeje ati: “Binajyanye n’intego z’Ikigo Mpuzamahanga cya Kigali gishinzwe Ibikorwa by’Ubucuruzi n’Imari (KIFC); Banki Nkuru y’u Rwanda iramenyesha abantu bose ko icyemezo gihagarika gutanga uburenganzira ku bigo bishya by’ubwishingizi kizakurwaho guhera ku wa 1 Mutarama 2022.”

Ibigo bishya bizinjira ku isoko bizajya bisabwa kubahiriza ibisabwa kugira ngo bibone uburenganzira, by’umwihariko kugaragaza ibyo byiyemeje gukora byerekeranye n’agashya bizanye ku isoko, serivisi n’uburyo bwo kuzigeza ku bagenerwabikorwa hagamijwe kuzamura uburyo ubwishingizi bugera ku bantu benshi n’ahantu hose mu gihugu.

Amabwiriza rusange ya Banki Nkuru y’u Rwanda yo ku wa 27 Ukuboza 2018 yerekeye ibisabwa mu kwemerera ubwishingizi gukora, ateganya ko umuntu wifuza gukora umurimo w’ubwishingizi bw’igihe kigufi agomba kuba afite nibura imari shingiro yishyuwe itari munsi ya miliyari 3 Frw.

Ni mu gihe umuntu wifuza gukora umurimo w’ubwishingizi bw’igihe kirekire agomba kuba afite nibura imari shingiro yishyuwe ya miliyari 2 Frw.

- Advertisement -

Icyo gihe imari shingiro yarazamuwe ivuye kuri miliyari 2 Frw na 1 Frw nk’uko bikurikirana, nk’uko byateganywaga n’amabwiriza yo mu mwaka wa 2009.

Ni mu gihe umuntu wifuza gukora umurimo w’ubwishingizi bw’abishingizi agomba kuba afite nibura imari shingiro yishyuwe itari munsi ya miriyari 5 Frw.

Muri ayo mabwiriza biteganywa ko Banki Nkuru ishobora kutemera umwishingizi iyo isanze usaba nta gashya azanye ku isoko.

Imibare y’umwaka ushize igaragaza ko ubwishingizi mu gihugu bwari buri kuri 1.7%, bisobanuye ko igice kinini cy’ubukungu bw’igihugu kitagira ubwishingizi.

Ni mu gihe urwego rw’ubwishingizi rufite 9% by’umutungo wose w’urwego rw’imari mu gihugu, aho amabanki yihariramo 67%, urwego rw’ubwiteganyirize na pansiyo rukagiramo 18%, mu gihe Urwego rw’imari iciriritse rufitemo 6%.

Mu gihembwe cyarangiranye na tariki 30 Nzeri 2021, igipimo cy’ubushobozi bwo kwishyura ku bigo by’ubwishingizi cyari 107%, hejuru ya 100% risabwa.

BNR igaragaza ko mu Rwanda hari ibigo 14 by’ubwishingizi, harimo bibiri bya Leta (RSSB na MMI).

Itangazo rya Banki nkuru y’u Rwanda

Ibigo byigenga ni SONARWA General Insurance Ltd, Sanlam Assurances Generales Ltd, Sanlam Assurances Vie Ltd, Prime Insurance Ltd, MUA, Prime Life Insurance Ltd, Sonarwa Life Assurance Company Ltd, UAP Insurance Rwanda Limited, Radiant Insurance Company Ltd, Britam Insurance Company Rwanda ltd, BK General Insurance Company Ltd na Mayfair Insurance Company Rwanda ltd.

TAGGED:BankiBNRfeaturedRwandaRwangombwa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Mafoto: Perezida Kagame Yitabiriye Isabukuru Y’Ubwigenge Bwa Tanzania
Next Article Inyungu ya Cimerwa Plc Yazamutseho 179%
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?