Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bolloré Igiye Kugurisha Ibikorwa Byayo By’Ubwikorezi Muri Afurika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Bolloré Igiye Kugurisha Ibikorwa Byayo By’Ubwikorezi Muri Afurika

admin
Last updated: 17 October 2021 1:34 pm
admin
Share
SHARE

Ikigo Groupe Bolloré gikomeye cyane cyo mu Bufaransa cyaba kiri mu rugendo rwo kugurisha ubucuruzi bwacyo muri Afurika bunyuzwa muri Bolloré Africa Logistics, nk’uko ikinyamakuru Le Monde cyabitangaje.

Icyo kigo kinakorera mu Rwanda guhera mu 1965 binyuze muri Bolloré Logistics Rwanda, gifasha mu bwikorezi bw’imizigo mu buryo bwo kuyitwara no kuyibika.

Amakuru avuga ko Bolloré ishaka gushyira imbaraga nyinshi mu bucuruzi bujyanye n’itumanaho, cyane ko naho ifitemo izina rikomeye.

Mu bigo bibarizwa muri Groupe Bolloré harimo Bolloré Logistics, Bolloré Africa Logistics, Bolloré Energy, Blue Sysyems, ndetse kugeza mu mwaka ushize yari ifite 27% muri Vivendi, ikigo kibumbiye hamwe ibindi byinshi.

Muri Vivendi habarizwamo Groupe Canal+ ikomeye mu gucuruza serivisi z’amashusho ya televiziyo, Universal Music Group ikora ibijyanye n’umuziki, Havas ifasha mu itumanaho, Editis ifasha mu bwanditsi na Gameloft ikora ibijyanye n’imikino yo kuri telefoni ngendanwa.

Le Monde yatangaje ko Bolloré yahaye akazi banki y’uburuzi ya Morgan Stanley ngo isesengure ibijyanye n’abashobora kugura ibikorwa bya Bolloré Africa Logistics.

Mu bigo byakomojweho harimo CMA CGM yo mu Bufaransa, Maersk yo muri Denmark, Dubai Ports World yo muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu na Cosco Shipping yo mu Bushinwa.

Bolloré Africa Logistics ikorera mu bihugu 47, ikagira abakozi hafi 21,000. Ikorera ku byambu 42 n’ahantu 16 haruhukira amakontineri muri Afurika yo hagati n’Iburengerazuba, ikagira n’ibindi byambu ariko byo ku butaka.

Kugeza ubu ibijyanye n’itumanaho byihariye 80% by’inyungu ya Bolloré.

Gusa Le Monde yatangaje ko icyemezo cya nyuma ku kugurisha ibikorwa bya Bolloré Africa Logistics kitarafatwa.

Iki cyemezo cyaba gifashwe nyuma y’amezi umunani Bolloré ihamijwe uruhare mu byaha bya ruswa muri Togo, ibirego Vincent Bolloré ubwe anakurikiranywemo.

Ibikorwa bya Bolloré Africa Logistics muri Afurika bibarirwa agaciro kari hagati ya 2 – 3 z’amayero.

TAGGED:Bolloréu Bufaransaubwikorezi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Twatsinze Ingamba Zitandukanye Ariko Intambara Ntirarangira – Perezida Kagame
Next Article Muri Congo-Kinshasa Ebola Yiyongereye, Bari Kuyikingira
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUbukungu

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?