Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: BRD Yijeje Inyunganizi Abo Ari Bose Bashora Mu Bukungu Butangiza Ibidukikije
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

BRD Yijeje Inyunganizi Abo Ari Bose Bashora Mu Bukungu Butangiza Ibidukikije

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 January 2024 12:58 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kampeta Sayinzoga Pitchette uyobora Banki nyarwanda y’iterambere, BRD, avuga ko u Rwanda rwashyizeho ikigega cyo gutera inkunga imishinga y’iterambere rirengera ibidukikije kitwa Rwanda Green Fund kandi ngo gikorane n’abantu bose bifuza amafaranga yo gukora muri uru rwego.

Yabivugiye mu kiganiro yahaye abitabiriye Inama mpuzamahanga ihuza ba rwiyemezamirimo bo mu Rwanda n’abo mu Bwongereza iri kubera i Kigali yiswe UK-Rwanda Business Forum.

Yagize ati: “ Twashyizeho ikigega cya mbere muri Afurika gikorana n’abikorera ku giti cyabo, aho bakura imari yabafasha gushora mu mishinga irengera ibidukikije cyane cyane ikorera mu mijyi.”

Avuga kandi ko baha amafaranga abantu bashaka gushora mu mishinga y’ubuhinzi bukoresha ikoranabuhanga, abakora imishinga ishamikiye ku ngufu zisubira, ishamikiye ku binyabiziga bikoresha amashanyarazi n’indi igira uruhare rugaragara mu guteza imbere ubukungu burengera ibidukikije.

Kampeta Pitchette Sayinzoga avuga ko u Rwanda rwishimira gukorana n’uwo ari we wese ushaka gushora mu  nkingi z’ubukungu zavuzwe haruguru.

Avuga ko ari ibintu u Rwanda rwiteguye gukorana n’Abanyarwanda cyangwa abandi bose bazarugana bashaka gukorera muri uwo mujyo.

Inama y’ishoramari hagati y’u Rwanda n’Ubwongereza iri ku munsi wayo wa kabiri, ikazarangira kuri uyu wa Gatatu taliki 31, Mutarama, 2024.

Iyi nama ihuje abantu bagera ku 1000 biganjemo Abanyarwanda n’Abongereza

Ikigega Rwanda Green Fund kiyoborwa n’Umunyarwandakazi Mugabo Mpinganzima Teddy.

TAGGED:BRDfeaturedIshoramariKampetaSayinzogaUbukungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rurashaka Gukorana Na Libya
Next Article Abanyarwanda 41% Barwaye Inzoka Zo Mu Nda- RBC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?