Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bruce Melodie Yatandukanye Na Juno Kizigenza Na Kenny Sol
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ibyamamare

Bruce Melodie Yatandukanye Na Juno Kizigenza Na Kenny Sol

admin
Last updated: 27 June 2021 11:33 am
admin
Share
SHARE

Umuhanzi Bruce Melodie yatandukanye na Juno Kizigenza na Kenny Sol nyuma y’umwaka umwe abafasha mu muziki, bakaba bagiye gutangira urugendo rushya ku giti cyabo.

Ni abahanzi yafashije gutangira urugendo rw’umuziki, arabaherekeza ku buryo bamaze kumenyekana mu Rwanda.

Bruce Melodie yavuze ko gutandukana yabiganiriye na bariya bahanzi, basanga igihe kigeze.

Ati “Icyo nabakoreye ni uko nabagumishije iruhande rwanjye, kandi byarakoze. Ndashimira Imana ko byibura mu ngufu yampaye hari icyavuyemo. Ntabwo mbaretse kubera ko baracyari abantu banjye, bari kumwe n’abantu banjye, baracyari hafi bose.” Yaganiraga na Isimbi TV kuri YouTube.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Melodie yashimangiye ko igihe cyari kigeze ngo Juno Kizigenza na Kenny Sol batangire umuziki batari mu mutaka w’undi muhanzi.

Yakomeje ati “Ni amahitamo yabo, binanze bakagaruka twakongera tugakomeza akazi bitajemo gushwana cyangwa kugirana ibibazo, nta kibazo na kimwe nigeze ngirana n’umwe muri bo.”

“Ubu rero urugendo rutangiye ntekereza ko rutagoye kurusha urwabanje kuko ibyabanje nibyo byari bikomeye, kumenya gahunda zose uko zigenda, ariko ubungubu muraganira nabo nta kibazo ni mahoro, indirimbo zirasohoka ari nziza.”

Juno Kizigenza yashimiye Bruce Melodie, avuga ko kuri we ari umuhanzi ukomeye kurusha abandi mu gihugu.

Avuga ko gutandukana bidashobora gusubiza inyuma umuziki we.

- Advertisement -

Ati “Yankoreye ibintu byinshi, naje ndi mu maboko ye, nitwa umuhanzi wa Bruce Melodie, ni ibintu binini byatumye nzamuka byoroheje kurusha igihe byari kumfata iyo nizana. Bruce ndagushimira bya hatari, uri umuntu ukomeye mu rugendo rwanjye.”

Juno amaze kugira indirimbo enye ze bwite n’izindi enye hahuriyemo n’abandi bahanzi. Harimo inshya yitwa ‘Away’ yahuriyemo na Ariel Wayz.

 

Kenny Sol we afite indirimbo eshatu zirimo You&I, Agafire n’Umurego yasohoye muri Werurwe uyu mwaka.

TAGGED:Bruce MelodieJuno KizigenzaKenny Sol
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisitiri w’Ubuzima W’u Bwongereza Yeguye Azira Gusomana
Next Article Rurangirwa Louis Yikuye Mu Matora Ya Perezida Wa FERWAFA
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

IbyamamareImyidagaduro

Patrick Ukina Mu Urunana Ashaka Kuzamamara Ku Rwego Mpuzamahanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduro

Tayla, Umuhanzi Wamamaye Vuba Kurusha Abandi Ku Rwego Rw’Isi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduro

Umunyamakuru Wa B&B Aramagana Abamushinja Ivangura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduro

50 Cent Yanze Miliyoni $3 Yahawe Na Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?