Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bruce Melodie Yatandukanye Na Juno Kizigenza Na Kenny Sol
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ibyamamare

Bruce Melodie Yatandukanye Na Juno Kizigenza Na Kenny Sol

Last updated: 27 June 2021 11:33 am
Share
SHARE

Umuhanzi Bruce Melodie yatandukanye na Juno Kizigenza na Kenny Sol nyuma y’umwaka umwe abafasha mu muziki, bakaba bagiye gutangira urugendo rushya ku giti cyabo.

Ni abahanzi yafashije gutangira urugendo rw’umuziki, arabaherekeza ku buryo bamaze kumenyekana mu Rwanda.

Bruce Melodie yavuze ko gutandukana yabiganiriye na bariya bahanzi, basanga igihe kigeze.

Ati “Icyo nabakoreye ni uko nabagumishije iruhande rwanjye, kandi byarakoze. Ndashimira Imana ko byibura mu ngufu yampaye hari icyavuyemo. Ntabwo mbaretse kubera ko baracyari abantu banjye, bari kumwe n’abantu banjye, baracyari hafi bose.” Yaganiraga na Isimbi TV kuri YouTube.

Melodie yashimangiye ko igihe cyari kigeze ngo Juno Kizigenza na Kenny Sol batangire umuziki batari mu mutaka w’undi muhanzi.

Yakomeje ati “Ni amahitamo yabo, binanze bakagaruka twakongera tugakomeza akazi bitajemo gushwana cyangwa kugirana ibibazo, nta kibazo na kimwe nigeze ngirana n’umwe muri bo.”

“Ubu rero urugendo rutangiye ntekereza ko rutagoye kurusha urwabanje kuko ibyabanje nibyo byari bikomeye, kumenya gahunda zose uko zigenda, ariko ubungubu muraganira nabo nta kibazo ni mahoro, indirimbo zirasohoka ari nziza.”

Juno Kizigenza yashimiye Bruce Melodie, avuga ko kuri we ari umuhanzi ukomeye kurusha abandi mu gihugu.

Avuga ko gutandukana bidashobora gusubiza inyuma umuziki we.

Ati “Yankoreye ibintu byinshi, naje ndi mu maboko ye, nitwa umuhanzi wa Bruce Melodie, ni ibintu binini byatumye nzamuka byoroheje kurusha igihe byari kumfata iyo nizana. Bruce ndagushimira bya hatari, uri umuntu ukomeye mu rugendo rwanjye.”

Juno amaze kugira indirimbo enye ze bwite n’izindi enye hahuriyemo n’abandi bahanzi. Harimo inshya yitwa ‘Away’ yahuriyemo na Ariel Wayz.

 

Kenny Sol we afite indirimbo eshatu zirimo You&I, Agafire n’Umurego yasohoye muri Werurwe uyu mwaka.

TAGGED:Bruce MelodieJuno KizigenzaKenny Sol
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisitiri w’Ubuzima W’u Bwongereza Yeguye Azira Gusomana
Next Article Rurangirwa Louis Yikuye Mu Matora Ya Perezida Wa FERWAFA
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Dr. Mugemana Wavuraga Rayon Sports Yapfuye

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

DJ Toxxyk Hari Ibyo Yemeye Mu Rukiko Ibindi Arabihakana

Ibigo Bya Amerika Bicukura Petelori Birashaka Ko Muri Irani Zihindura Imirishyo

Umutoza W’Amavubi Yirukanywe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

You Might Also Like

IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

Umurundi Kirikou Akili Ukunzwe Mu Rwanda Ni Muntu Ki?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

Njozi: Indirimbo Nshya Ya Element Yatunganyijwe N’Usanzwe Ukorana Na Diamond

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

Nick Ngendahayo Ari Gutegura Igitaramo Kirangiza Umwaka Kizabera I Kigali 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduro

Knowless Yagiye Tanzania Kuhasohorera Indirimbo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?