Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bugesera: Akarere Kabungabunze Inyamaswa ‘Z‘Inzobe’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Bugesera: Akarere Kabungabunze Inyamaswa ‘Z‘Inzobe’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 December 2022 4:33 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bwo mu Karere ka Bugesera buvuga ko mu bice bimwe by’aka Karere hakiboneka inyamaswa zirisha Abanyarwanda bise INZOBE.

Binemezwa kandi n’Umuryango Nyarwanda wita k’urusobe rw’ibinyabuzima n’indiri kamere zabyo witwa ‘Rwanda Wildlife Conservation Association’.

Kuba mu Bugesera hakiba inzobe ngo byatewe n’uko hashyizwe icyanya ziriya nyamaswa z’inyamabere kandi zirisha zirindirwamo.

Umuyobozi wa kiriya kigo kita ku rusobe rw’ibinyabuzima  witwa Dr.Nsengimana Olivier avuga ko amerwe y’Abanyarwanda ari yo yatumye bahigira inzobe kuzimara ngo bazirye.

Mu bihe byo hambere mu Bugesera hahoze inzobe nyinshi ariko abantu barazishe barazirya.

Dr. Nsengimana yabwiye ikinyamakuru kitwa Muhaziyacu gikorera mu Ntara y’i Burasirazuba ati:  “Mbere najyaga nza muri aka Karere ka Bugesera ukabona hari abantu bafite inyama z’inzobe, ugasanga abantu bagendana imitego bagiye kuzitega kandi bakakubwira ko aricyo kibatunze.”

Avuga ko we n’abandi bakorana mu rwego rwo kurinda ibidukikije begereye abo bahigi babasobanurira akamaro ko kurengera inyamaswa z’agasozi harimo n’inzobe.

Uyu muhanga asaba ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera kumenya ko kurengera inzobe byazagirira akamaro karambye  Akarere kose mu gihe kizaza.

Ati: “Muri aka Karere haba inzobe; abantu benshi ntabwo bazizi kubera ko ni inyamaswa zikunda kwihisha. Mu Karere ka Bugesera niho hantu ushobora gusanga inzobe nyinshi cyane. Muri Pariki y’Akagera bajya babara ko ziriyo ariko ntabwo ari umubare munini.”

Umukozi mu Karere ka Bugesera  ushinzwe ibidukikije witwa Emile Mukunzi agaragaza ko aka Karere gafite ibyanya bihagije bishobora gukorerwamo ubukerarugendo mu gihe byaba bitunganyijwe bikitabwaho.

Ati: “Isura yacu nk’Akarere ni ukurengera ibidukikije; tugomba guhora turi ku isonga mu kubungabunga ibidukikije no kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima kugira ngo buri kintu kibeho uko byateganyijwe.”

Inzobe ni inyamaswa z’agasozi zisa n’impongo.

Zitungwa no kurisha no kunywa amazi.

Iyo inzobe igize amahirwe ntihitanwe n’ikindi kintu harimo na mwenemuntu, ishobora kuramba hagati y’imyaka 16 n’imyaka 19 kandi iyariye neza ishobora gupima ibilo 120.

Ihaka amezi arindwi ikabyara.

TAGGED:BugeserafeaturedInyamaswaInzobe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyagatare: Hubatswe Umudugudu W’Icyitegererezo Wiswe ‘Shimwa Paul’
Next Article Biden Yakiriye Perezida Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Ushaka Kuyobora FERWAFA Afitiye Abasifuzi Gahunda Yo Kubahemba

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUmutekano

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?