Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bugesera: Akarere Kabungabunze Inyamaswa ‘Z‘Inzobe’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Bugesera: Akarere Kabungabunze Inyamaswa ‘Z‘Inzobe’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 December 2022 4:33 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bwo mu Karere ka Bugesera buvuga ko mu bice bimwe by’aka Karere hakiboneka inyamaswa zirisha Abanyarwanda bise INZOBE.

Binemezwa kandi n’Umuryango Nyarwanda wita k’urusobe rw’ibinyabuzima n’indiri kamere zabyo witwa ‘Rwanda Wildlife Conservation Association’.

Kuba mu Bugesera hakiba inzobe ngo byatewe n’uko hashyizwe icyanya ziriya nyamaswa z’inyamabere kandi zirisha zirindirwamo.

Umuyobozi wa kiriya kigo kita ku rusobe rw’ibinyabuzima  witwa Dr.Nsengimana Olivier avuga ko amerwe y’Abanyarwanda ari yo yatumye bahigira inzobe kuzimara ngo bazirye.

Mu bihe byo hambere mu Bugesera hahoze inzobe nyinshi ariko abantu barazishe barazirya.

Dr. Nsengimana yabwiye ikinyamakuru kitwa Muhaziyacu gikorera mu Ntara y’i Burasirazuba ati:  “Mbere najyaga nza muri aka Karere ka Bugesera ukabona hari abantu bafite inyama z’inzobe, ugasanga abantu bagendana imitego bagiye kuzitega kandi bakakubwira ko aricyo kibatunze.”

Avuga ko we n’abandi bakorana mu rwego rwo kurinda ibidukikije begereye abo bahigi babasobanurira akamaro ko kurengera inyamaswa z’agasozi harimo n’inzobe.

Uyu muhanga asaba ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera kumenya ko kurengera inzobe byazagirira akamaro karambye  Akarere kose mu gihe kizaza.

Ati: “Muri aka Karere haba inzobe; abantu benshi ntabwo bazizi kubera ko ni inyamaswa zikunda kwihisha. Mu Karere ka Bugesera niho hantu ushobora gusanga inzobe nyinshi cyane. Muri Pariki y’Akagera bajya babara ko ziriyo ariko ntabwo ari umubare munini.”

Umukozi mu Karere ka Bugesera  ushinzwe ibidukikije witwa Emile Mukunzi agaragaza ko aka Karere gafite ibyanya bihagije bishobora gukorerwamo ubukerarugendo mu gihe byaba bitunganyijwe bikitabwaho.

Ati: “Isura yacu nk’Akarere ni ukurengera ibidukikije; tugomba guhora turi ku isonga mu kubungabunga ibidukikije no kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima kugira ngo buri kintu kibeho uko byateganyijwe.”

Inzobe ni inyamaswa z’agasozi zisa n’impongo.

Zitungwa no kurisha no kunywa amazi.

Iyo inzobe igize amahirwe ntihitanwe n’ikindi kintu harimo na mwenemuntu, ishobora kuramba hagati y’imyaka 16 n’imyaka 19 kandi iyariye neza ishobora gupima ibilo 120.

Ihaka amezi arindwi ikabyara.

TAGGED:BugeserafeaturedInyamaswaInzobe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyagatare: Hubatswe Umudugudu W’Icyitegererezo Wiswe ‘Shimwa Paul’
Next Article Biden Yakiriye Perezida Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingwe: Inyamaswa Ibayeho Icunganwa N’Intare

Guinée: Bidasubirwaho Mamadi Doumbouya Yatsinze Amatora

Asanga Hakwiye Kujyaho Itorero ‘Ryihariye’ Ry’Abagabo

Menya Ahaza Kurasirwa Ibishashi Birangiza 2025

Muhanga: Umunyamategeko Yakatiwe Gufungwa Imyaka 15

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Jean-Pierre Bemba Arasabwa Kwegura

Ndayishimiye Ati: “ Twe Turaterwa Ntidutera!”

Kirehe: Abimuwe Kubera Urugomero Rwa Rusumo Bagiye Gutaha Inzu Nshya

Polisi Yafashe Abibaga Abatuye Ikirwa Cya Nkombo

Bunyoni Ararembye

You Might Also Like

Mu Rwanda

Rutaremara Agaya Ababyeyi Bahariye Abayaya Uburere Bw’Abana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abanyeshuri Barasubira Ku Ishuri Guhera Kuri Uyu Wa Gatandatu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Kamonyi: Abagabo Bahaye Umwana Inzoga Bose Irabica

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Guinée: Doumbouya Yatsinze Amatora 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?