Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bugesera: Yasize Miliyoni Frw 1.5 Mu Cyumba Ajya Guhinga Agarutse Arayibura
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Bugesera: Yasize Miliyoni Frw 1.5 Mu Cyumba Ajya Guhinga Agarutse Arayibura

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 May 2023 7:09 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Bamwibye Frw 300,000, basanga barangije kurya 1/2
SHARE

Abasore babiri Polisi iherutse gufatira mu Murenge wa Ruhuha mu Karere ka Bugesera bayemereye ko bibye umuntu Miliyoni Frw 1.5 yari avanye muri Banki. Uwo muntu avuga ko yari yayisize mu cyumba ajya guhinga.

Bafatiwe mu Mudugudu wa Saruduha mu Kagari ka Kindama mu Murenge Ruhuha.

Bacyekwaho kwiba ariya mafaranga baciye mu idirishya ry’inzu aho nyiri amafaranga yari amaze kuyarambika nyuma yo kuyabikuza.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, Superintendent of Police (SP) Hamdun Twizeyimana, yavuze ko kugira ngo bafatwe byaturutse ku makuru yatanzwe n’uwibwe.

Yagize ati: “Twahawe amakuru n’umuturage avuga ko yibwe amafaranga ubwo yari yagiye guhinga”.

SP Hamdun Twizerimana avuga ko uwibwe yabwiye Polisi ko abantu batoboye idirishya ry’icyumba yari yarambitsemo ariya mafaranga barangije bakuramo miliyoni Frw 1.5.

Nyuma Polisi yakoze iperereza iza gufata abasore babiri batuye muri uwo mudugudu kuko ari bo bahise bakekwa ku ikubitiro.

Abapolisi barabasatse babasangana ayo mafaranga abandi ntibagorana bahita bemera ko ari bo bayibye.

Babwiye abapolisi ko wari umugambi bacuze nyuma yo kubona nyiri ayo mafaranga avuye kuyabikuza muri banki.

SP Twizeyimana yashimiye uwibwe kuko yihutiye gutanga amakuru, agira inama abaturage kwirinda kubika amafaranga menshi mu ngo.

Yababwiye ko mu rwego rwo kwirinda guha icyuho abajura, ari ngombwa ko bajya babikuza amafaranga make bakeneye.

Abo basore babiri bashyikirijwe Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) kuri sitasiyo ya  Ruhuha kugira ngo hakomeze iperereza, amafaranga bafatanywe nayo asubizwa nyirayo.

Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ingingo ya 166 ivuga ko Umuntu wese uhamijwe n’urukiko icyaha cyo kwiba, ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe ariko kitarenze imyaka 2, ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe ariko atarenze miliyoni 2, imirimo y’inyungu rusange mu gihe cy’amezi 6 cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

Ingingo ya 167 ivuga ko ibihano ku cyaha cyo kwiba byikuba kabiri iyo uwibye yakoresheje guca icyuho, kurira cyangwa yakoresheje igikoresho icyo aricyo cyose gifungura aho utemerewe kwinjira; kwiba byakozwe mu nzu ituwemo cyangwa isanzwe ibamo abantu cyangwa mu nyubako ziyikikije; cyangwa kwiba byakozwe n’abantu barenze umwe.

TAGGED:AmafarangaBugeserafeaturedMiliyoniPolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gakenke: Undi Muntu Yaheze Mu Kirombe Kireshya Na Metero 60
Next Article Itegeko Nshinga Ry’u Rwanda Rigiye Kuvugururwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Abanywera Urumogi Muri Gereza Baburiwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

General Kabandana Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?