Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Burkina Faso: Abantu 20 Bapfuye Barasiwe Mu Kirombe Cya Zahabu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Burkina Faso: Abantu 20 Bapfuye Barasiwe Mu Kirombe Cya Zahabu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 April 2022 10:53 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri uyu wa Gatandatu taliki 02, Mata, 2022 abagizi ba nabi basanze abantu bacukuraga zahabu mu kirombe kiri ahitwa Namentenga barabarasa hapfa abagera kuri 20.

Ni mu kirombe kiri ahitwa Kougdiguin mu Majyaruguru ya Burkina Faso.

Umwe mu baturage b’aho yabwiye Reuters ati: “ Abantu bari kuri moto baje barasira abantu mu kirombe kiri ahitwa Kougdiguin.”

Kugeza ubu abantu 20 nibo babaruwe ko bahasize ubuzima ariko hari n’abandi benshi bakomeretse ndetse bamwe bashobora no kuza gutakaza ubuzima kubera ubukana bw’ibikoremere.

Ku rundi ruhande ariko hari amakuru avuga ko abapfuye ari 22.

Taliki 12, Werurwe, 2022 abandi bantu 11 nabo barasiwe mu kirombe barapfa.

Hari abandi 10 nabo baherutse kurasirwa mu kindi kirombe giherereye ku mupaka wa Burkina Faso na Niger nabo bahasiga ubuzima.

Abantu 80 bamaze kwicirwa mu bitero nka biriya mu gihe kitageze ku kwezi!

Abarwanyi bagendera ku mahame akarishye ya kisilamu nibo bashinjwa buriya bwicanyi.

Abayobozi ba gisirikare ba Burkina Faso bavuga ko hari gushyirwaho uburyo bw’ibiganiro hagati y’Abakuru b’Imiryango muri Burkina Faso ngo baganire n’abayobozi b’imitwe ivugwaho buriya bwicanyi.

Aba barwanyi kandi bamaze igihe barazengereje abaturage ba Mali na Niger.

Bivugwa ko kuva batangiza biriya bitero mu mwaka wa 2015, bamaze guhitana abantu 2000, abandi bagera kuri miliyoni 1.7 bamaze guhunga bava mu byabo.

TAGGED:AbarwanyiBurkina Faso
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article ‘EAC Yashinzwe Kugira Ngo Twihuze Ariko Dutekanye’: Bazivamo
Next Article Mu Mafoto: Uko Misa Yo Kwibuka Paul Farmer Yitabiriwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?