Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Burkina Faso: Habonetse Imirambo 28 Bitazwi Icyo Yazize
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Burkina Faso: Habonetse Imirambo 28 Bitazwi Icyo Yazize

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 January 2023 1:50 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Guverinoma ya Burkina Faso iratangaza ko hari imirambo 28 iherutse kubona ahantu yari ihishe. Kugeza ubu ntiharamenyekana uko yageze aho hantu cyangwa ngo hamenyekane abakoze buriya bwicanyi.

Icyakora harakekwa abarwanyi bo mu Mutwe witwa Volontaires pour la Défense de la Patrie.

Guverinoma ivuga ko hatangiye iperereza ngo hamenyekane icyahitanye bariya bantu.

Imaze iminsi ikangurira abaturage kwiyunga no gukorera hamwe hagamijwe guhashya abarwayi bamaze iminsi bakora iterabwoba mu bice bitandukanye bya kiriya gihugu.

Guhera mu mwaka wa 2015 Burkina Faso yinjiye mu bihe by’umutekano muke.

Abarwanyi bagendera ku mahame akaze ya islam bagabye ibitero mu bice bitandukanye bya kiriya gihugu.

Ni imidugararo yakurikiye ihirikwa k’ubutegetsi rya Blaise Compaoré.

Abaturage bamushinjaga byinshi ariko cyane cyane urupfu rw’uwo yasimbuye witwaga Captaine Thomas Sankara ndetse n’umunyamakuru witwa Norbert Zongo.

Abashinjacyaha bo muri kiriya gihugu bavuga ko ya mirambo 28 yanditswe haruguru ifite ibikomere by’amasasu.

Urubyiruko rw’abarwanyi bagize ikitwa Volontaires pour la défense de la patrie nibo bavugwaho gukora ariya mahano kandi ngo iyo bamaze kwica abantu, baboneraho gusaka bagasiga inzu zera.

TAGGED:BurkinaFasofeaturedImirambo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibihugu Bigize Umuhora Wo Hagati Birishimira Intambwe Yatewe
Next Article Abahanzi B’i Burundi Bababazwa N’Uko Umuziki Nyarwanda Uri Kubatwara Isoko
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?