Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Burkina Faso: Habonetse Imirambo 28 Bitazwi Icyo Yazize
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Burkina Faso: Habonetse Imirambo 28 Bitazwi Icyo Yazize

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 January 2023 1:50 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Guverinoma ya Burkina Faso iratangaza ko hari imirambo 28 iherutse kubona ahantu yari ihishe. Kugeza ubu ntiharamenyekana uko yageze aho hantu cyangwa ngo hamenyekane abakoze buriya bwicanyi.

Icyakora harakekwa abarwanyi bo mu Mutwe witwa Volontaires pour la Défense de la Patrie.

Guverinoma ivuga ko hatangiye iperereza ngo hamenyekane icyahitanye bariya bantu.

Imaze iminsi ikangurira abaturage kwiyunga no gukorera hamwe hagamijwe guhashya abarwayi bamaze iminsi bakora iterabwoba mu bice bitandukanye bya kiriya gihugu.

Guhera mu mwaka wa 2015 Burkina Faso yinjiye mu bihe by’umutekano muke.

Abarwanyi bagendera ku mahame akaze ya islam bagabye ibitero mu bice bitandukanye bya kiriya gihugu.

Ni imidugararo yakurikiye ihirikwa k’ubutegetsi rya Blaise Compaoré.

Abaturage bamushinjaga byinshi ariko cyane cyane urupfu rw’uwo yasimbuye witwaga Captaine Thomas Sankara ndetse n’umunyamakuru witwa Norbert Zongo.

Abashinjacyaha bo muri kiriya gihugu bavuga ko ya mirambo 28 yanditswe haruguru ifite ibikomere by’amasasu.

Urubyiruko rw’abarwanyi bagize ikitwa Volontaires pour la défense de la patrie nibo bavugwaho gukora ariya mahano kandi ngo iyo bamaze kwica abantu, baboneraho gusaka bagasiga inzu zera.

TAGGED:BurkinaFasofeaturedImirambo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibihugu Bigize Umuhora Wo Hagati Birishimira Intambwe Yatewe
Next Article Abahanzi B’i Burundi Bababazwa N’Uko Umuziki Nyarwanda Uri Kubatwara Isoko
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?