Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Burundi: COVID-19 Yafashe Indi Ntera, Perezida Ndayishimiye ‘Yarakaye’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Burundi: COVID-19 Yafashe Indi Ntera, Perezida Ndayishimiye ‘Yarakaye’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 January 2021 8:14 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ni ubwa mbere mu Burundi abantu 40 banduriye icyorezo COVID-19 mu masaha 48. Iki cyorezo cyavuzwe bwa mbere mu Burundi muri Werurwe, 2020, hafi igihe kimwe n’icyo cyagereye mu Rwanda.

Byatumye hafatwa ingamba zirimo n’uko nta Murundi uzahabwa serivisi iyo ariyo yose atambaye agapfukamunwa.

Mu minsi mike ishize Minisiteri y’ubuzima mu Burundi yapimye abantu 284 isanga abagera kuri 40 baranduye kiriya cyorezo.

uBurundi bwari mu bihugu byo muri Afurika y’i Burasirazuba bufite abantu bake banduye kandi bakicwa na kiriya cyorezo cyayogoje amahanga.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Minisitiri w’ubuzima mu Burundi Bwana Thaddée Ndikumana yagize ati: “ Mu bantu 284 duherutse gupima twasanze 30 baranduye baza biyongera ku bandi 10 bari banduye mu masaha 24 yari ashize. Ni umubare munini mu gihe cy’iminsi ibiri.”

Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye aherutse kuburira abaturage be ko uzica amabwiriza yo kwirinda COVID-19 azabihanirwa.

Perezida Ndayishimiye

Yagize ati: “ Hari raporo zitugeraho zivuga ko hari bamwe mu bayobozi bica nkana amabwirizwa[amabwiriza] yo kwirinda COVID-19. Uwo ariwe wese tuzasanga ayica tuzamufata nk’umugizi wa nabi agezwe imbere y’amategeko.”

Mu mezi make yakurikiye umuntu wa mbere wagaragayeho ubwandu bwa COVID-19, u Burundi bwanenzwe kudashyiraho amabwiriza akomeye yo kurinda abaturage kuyandura.

Kiriya cyorezo cyageze mu Burundi mu gihe igihugu kiteguraga kujya mu matora y’Umukuru w’Igihugu.

- Advertisement -

Kubera inyungu za Politiki, byabaye ngombwa ko ubutegetsi bwirinda kwereka abaturage ubukana bwacyo, ahubwo burareka amatora araba ararangira atsindwa na Gen Evariste Ndayishimiye.

Nyuma y’uko atsinze  amatora, Perezida Ndayishimiye ari gufata ibyemezo bamwe bavuga ko bigaragaza impinduka nziza mu miyoborere y’u Burundi.

Uwo yasimbuye yapfuye nyuma gato y’amatora, habura iminsi mike ngo Perezida watowe arahire.

TAGGED:BurundiCOVID-19IcyorezoNdayishimiye
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kicukiro:Uwataburuwe Ku 110 000 Frw Yamenyekanye, Nicyo Yazize Twakimenye
Next Article Ingingo Z’ingenzi Z’ijambo Rya Museveni Mbere Y’amatora
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?