Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Burundi: Hafashwe Abantu Bavugwaho Gutera Inkunga Abakora Iterabwoba
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Burundi: Hafashwe Abantu Bavugwaho Gutera Inkunga Abakora Iterabwoba

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 February 2023 8:51 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abafashwe ni batanu barimo abagore bane n’umugabo umwe. Abo ni Sonia Ndikumasabo uyobora Association  des Femmes Juristes du Burundi (AFJB), Marie Emerusabe akaba umuhuzabikorwa wayo, Audace Havyarimana uhagarariye ihuriro ryitwa Association pour la Paix et la Promotion des Droits de l’Homme (APDH) ndetse na  Sylvana Inamahoro uribereye umuyobozi.

Baherutse gufatirwa ku kibuga mpuzamahanga cy’indege kitiriwe Melchior Ndadaye kiri i Bujumbura.

Itangazamakuru ry’i Burundi rivuga ko bariya bantu bafashwe bitegura kurira indege ngo bajye i Kampala kukahurira n’abo bakorana.

Undi muntu Polisi y’i Burundi yafashe ni ushinzwe imishinga y’ubutaka mu ishyirahamwe
APDH witwa Prosper Runyange ariko we yafatiwe mu Ngozi.

Minisitiri w’umutekano mu gihugu witwa Martin Ninteretse avuga ko bariya bantu bafashwe bakekwaho uruhare mu midugararo yabaye mu Burundi nyuma y’amatora ataravuzweho rumwe mu Burundi mu mwaka wa 2015.

Avuga ko bashinze uriya muryuango bagamije kudurumbanya umudendezo wa rubanda.

Ikindi kandi ngo mu iperereza baje gusanga abakozi bawo bakorana n’indi miryango yo hanze bityo bagira amakenga babafata ubwo biteguraga kujya i Kampala.

Polisi y’u Burundi ivuga ko bariya bantu bari barimo gukusanya amafaranga yashoboraga kuzakoreshwa mu bikorwa by’iterabwoba

Burundi Iwacu ivuga ko  uwo muryango utigenga bariya bantu bashakaga kujya gutera inkunga no gukorana nawo ari uwitwa Avocats Sans Frontières (ASF).

Ni umuryango utemewe n’amategeko y’u Burundi.

Uyu muryango wavuye mu Burundi taliki 31, Ukuboza, 2018.

Minisitiri Martin Ninteretse

 

 

 

TAGGED:AbantuBurundifeaturedIterabwoba
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Polisi Irasaba Abafana Gucika Ku Rugomo
Next Article Addis Ababa Habereye Indi Nama Ku Kibazo Cya DRC Na M23
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?