Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 January 2026 11:40 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ndikuriyo Révérien aravugwaho gukora ubukangurambaga imbere mu ishyaka CNDD-FDD ngo yigarurire abarwanashyaka bazakomeze kumuba hafi mu minsi iri imbere.

Uyu munyapolitiki uri mu bakomeye bo mu gihugu cye aherutse kubwira abarwanashyaka ko mu gihe bitegura gutora umunyamabanga mushya, bakwiye kuzirikana ko azakomeza kubana nabo, hafi aho.

Yavuze ko niyo atakongera gutorwa atazabura gukurikiranira hafi ibibera mu ishyaka CNDD-FDD.

Ubwo habaga amasengesho yo gushima Imana yateguwe n’ishyaka rye rya CNDD-FDD niho yabivugiye.

Mu ishyaka CNDD-FDD bari gutegura amatora y’Umunyamanganga Mukuru mushya n’abandi bayobozi bazayobora muri manda y’myaka itanu iri imbere guhera mu mwaka wa 2026 kugera 2031.

Ndikuriyo yatangiye kuyobora CNDD-FDD guhera mu 2021 kugeza muri Mutarama 2026.

Mu ijambo yavuze ubwo yagezaga ijambo ku bitabiriye amasengesho yateguwe na CNDD-FDD yasabye abazatorwa kuzakomereza aho we na bagenzi be bari bagejeje.

Ati “Ntaho ngiye tuzagumana n’ubwo ntaba nkiri mu nzego…”

Nubwo bimeze bityo hashize iminsi havugwa ihangana hagati ye na Perezida Ndayishimiye Evariste.

Rishingiye k’ukutumvikana ku mukandida uzahagararira iri shyaka mu matora y’Umukuru w’Igihugu azaba mu mwaka wa 2027.

Amatora agiye kuba kuri uyu wa 25 Mutarama 2026, ashobora gusiga mu buyobozi bwa CNDD-FDD hahindutse byinshi hashingiwe no ku mwuka mubi umaze iminsi hagati ya Ndayishimiye na Ndikuriyo.

Hari abashinja Ndayishimiye kudateza imbere ubukungu bw’igihugu cye kuko bwazahaye guhera mu mwaka wa 2022.

Banenga kandi ko yohereje ingabo mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zikandagazwa na AFC/M23, zikahagwa izindi zigafatwa mpiri.

TAGGED:CNDD-FDDfeaturedIshyakaNdayishimiyeNdikuriyoUburundiUmunyamabanga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article ‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?
Next Article Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Dusigaye Twishakamo Ibisubizo Ku Bibazo By’Ubuvuzi – Jeannette Kagame 

Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Chameleone FM: Radiyo Chameleone Agiye Gutangiza i Bujumbura

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Impamvu Zitera Polisi Y’u Rwanda Kudatesha Agaciro Abaturage Ishinzwe

Hari Kwigwa Uko Amakipe Yajya Akinira Mu Amahoro Stadium ‘Ku Giciro Kimwe’

Putin Yasabwe Kujya Mu Nama Y’Amahoro Yashyizweho Na Trump

Perezida Trump Arashaka Manda Ya Gatatu Uko Byagenda Kose

Gari Ya Moshi Zagonganye Hapfa Abantu 21

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

40.1% By’Abatuye Kigali Batuye Mu Kajagari- Meya Dusengiyumva

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeUtuntu n'Utundi

Impyisi: Inyamaswa Y’Ingirakamaro Nubwo Yangwa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Rulindo:Habonetse Imibiri 173 Y’Abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

U Rwanda Rurashyira Imbaraga Mu Bukangurambaga Mu Gutanga Umusoro Wa TVA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?