Impunzi zibarirwa mu bihumbi zahunze Repubulika ya Demukarasi ya Congo ubu zigahungira mu Burundi ziri kwimurirwa mu nkambi yitaruye igihugu zahunze iri ahitwa Ruhigi mu Bilometero 60 mu Majyaruguru ya Bujumbura.
Izi mpunzi ziganjemo abagore n’abana zari zimaze iminsi ziba ahitwa Rumonge na Gatumba, zikaba zari zibayeho nabi kubera ubucucike bwashyiraga ubuzima bwazo mu kaga k’indwara ziterwa n’umwanda.
Zageze mu Burundi zihunga imirwano imaze igihe hagati y’ingabo za DRC n’abarwanyi ba AFC/M23 bigaruriye imijyi ya Goma, Bukavu n’uwa Uvira nubwo baje kuwuvamo mu rwego rwo kubahiriza ibiri mu biganiro bya Doha.
Itangazamakuru ryo muri DRC rivuga ko kuvana impunzi mu gace zari zicumbikiwemo byakozwe mu rwego rwo kuzishyira kure y’igihugu zahunze kuko bisanzwe biteganyijwe mu masezerano mpuzamahanga agenga impunzi n’ibihugu zahungiyemo.


