Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Burundi: Ingona ‘Gustave’ Itegereje Umuntu Wa 301 Wo Kumira
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Burundi: Ingona ‘Gustave’ Itegereje Umuntu Wa 301 Wo Kumira

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 November 2022 7:53 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Burundi mu Kiyaga cya Tanganyika hamaze igihe kirekire havugwa ingona karundura bahimbye ‘Gustave’.

Bavuga ko igomba kuba ifite imyaka irenga 60 .  Mu mwaka wa 2002  byavugwaga ko imaze kwica abantu 300.

Ireshya na metero  eshanu, ikagira hafi toni y’uburemere.

Igihangayikishije  ni uko kuva mu mwaka wa  2004,  nta makuru abantu bayifiteho.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Kuba nta ntumbi yayo yabonetse kugira ngo abantu bizere neza ko ingona Gustave yapfuye,  bituma bahangayikira ko hari ahantu igomba kuba yihishe,  bityo ikazongera  kwica abantu.

Gustave ibarirwa mu ngona nini kandi zifite urwasaya rukomeye,  abahanga mu binyabuzima bita Nile crocodiles.

Izi ngona zibaho hagati y’imyaka 60 na 70 ariko hari n’iziyirenza.

National Geographic yandika ko ingona Gustave yagaragaye bwa mbere mu Burundi mu mwaka wa 1987.

Kuva icyo gihe hari abantu 300 bivugwa ko yishe ibatsinze mu nkengero z’ikiyaga cya Tanganyika aho babaga bagiye koga, abandi ikafatira mu rufunzo bari kumesa imyenda ndetse hari m’amatungo yariye ubwo yabaga ashotse.

- Advertisement -

Muri yo higanjemo inka.

Muri iki gihe kandi hari abaturage bavuga ko hari ingona bamaze iminsi babona yoga hafi y’aho batuye bagakeka ko ari Gustave.

Bayikeka kubera ko babona ifite uruguma ku gahanga kandi na Gustave yigeze kuraswa ku mutwe ariko ntiyahagwa.

Kuba iyi ngona itarapfa ngo bitangarizwe rubanda, bitera abaturage guhorana ubwoba ko ikiri hafi aho kandi ko bitinde bitebuke izatana umuntu!

N’ubwo ingona zirya abantu zikabica, ariko akenshi nibo baba bazisanze aho zituye.

Mu Rwanda hari izigeze kurya abantu igikuba kiracika!

Abo zibasiye ni abo mu Murenge wa Rugarika mu Karere ka Kamonyi.

Hari mu mwaka wa 2018.

TAGGED:BurundiIngonaTanganyika
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nairobi: Ese M23 Izemera Ibiva Mu Biganiro Itabitumiwemo ?
Next Article Abakristu Gatulika 15,000 Barahurira I Kibeho Bibuke Amabonekerwa Ya Bikira Mariya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?