Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Burundi: Ingona ‘Gustave’ Itegereje Umuntu Wa 301 Wo Kumira
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Burundi: Ingona ‘Gustave’ Itegereje Umuntu Wa 301 Wo Kumira

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 November 2022 7:53 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Burundi mu Kiyaga cya Tanganyika hamaze igihe kirekire havugwa ingona karundura bahimbye ‘Gustave’.

Bavuga ko igomba kuba ifite imyaka irenga 60 .  Mu mwaka wa 2002  byavugwaga ko imaze kwica abantu 300.

Ireshya na metero  eshanu, ikagira hafi toni y’uburemere.

Igihangayikishije  ni uko kuva mu mwaka wa  2004,  nta makuru abantu bayifiteho.

Kuba nta ntumbi yayo yabonetse kugira ngo abantu bizere neza ko ingona Gustave yapfuye,  bituma bahangayikira ko hari ahantu igomba kuba yihishe,  bityo ikazongera  kwica abantu.

Gustave ibarirwa mu ngona nini kandi zifite urwasaya rukomeye,  abahanga mu binyabuzima bita Nile crocodiles.

Izi ngona zibaho hagati y’imyaka 60 na 70 ariko hari n’iziyirenza.

National Geographic yandika ko ingona Gustave yagaragaye bwa mbere mu Burundi mu mwaka wa 1987.

Kuva icyo gihe hari abantu 300 bivugwa ko yishe ibatsinze mu nkengero z’ikiyaga cya Tanganyika aho babaga bagiye koga, abandi ikafatira mu rufunzo bari kumesa imyenda ndetse hari m’amatungo yariye ubwo yabaga ashotse.

Muri yo higanjemo inka.

Muri iki gihe kandi hari abaturage bavuga ko hari ingona bamaze iminsi babona yoga hafi y’aho batuye bagakeka ko ari Gustave.

Bayikeka kubera ko babona ifite uruguma ku gahanga kandi na Gustave yigeze kuraswa ku mutwe ariko ntiyahagwa.

Kuba iyi ngona itarapfa ngo bitangarizwe rubanda, bitera abaturage guhorana ubwoba ko ikiri hafi aho kandi ko bitinde bitebuke izatana umuntu!

N’ubwo ingona zirya abantu zikabica, ariko akenshi nibo baba bazisanze aho zituye.

Mu Rwanda hari izigeze kurya abantu igikuba kiracika!

Abo zibasiye ni abo mu Murenge wa Rugarika mu Karere ka Kamonyi.

Hari mu mwaka wa 2018.

TAGGED:BurundiIngonaTanganyika
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nairobi: Ese M23 Izemera Ibiva Mu Biganiro Itabitumiwemo ?
Next Article Abakristu Gatulika 15,000 Barahurira I Kibeho Bibuke Amabonekerwa Ya Bikira Mariya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?