Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Bwongereza: Umuryango Ukize Kurusha Indi Wahamwe N’Ibyaha Byo Gucuruza Abantu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Bwongereza: Umuryango Ukize Kurusha Indi Wahamwe N’Ibyaha Byo Gucuruza Abantu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 June 2024 10:55 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri uyu wa Gatanu urukiko rwaburanishaga urubanza ubushinjacyaha bw’i Geneva mu Busuwisi bwaregagamo abagize umuryango ukize kurusha indi mu Bwongereza rwanzuye ko abo bantu batsinzwe ku byaha baregwaga birimo no gucuruza abantu rubakatira gufungwa imyake ine ine…

Abunganira umuryango waregwaga bo bavuga ko bazajuririra ku gifungo kirimo gufungwa imyaka ine.

Abaregwa ni Prakash Hinduja w’imyaka  78 n’umugore we Kamal Hinduja w’imyaka 75 n’umuhungu wabo witwa Ajay w’imyaka 56.

Undi urebwa ni igifungo ni Namrata w’imyaka 50 akaba umugore wa Ajay.

Aba bantu ni Abahinde basanzwe baba mu Bwongereza bakaba ari abakire kurusha abandi Bongereza bose uramutse ubaze umutungo wa buri rugo kuko bihariye Miliyari $47.

Urukiko rwabahamije icyaha cyo guhindura abantu bakoreshaga nk’abacakara bakabakoresha imirimo ivunanye, ikorwa igihe kirekire kandi bagahembwa intica ntikize.

Abo muri uyu muryango bajyaga mu Buhinde bakahakura abakozi bakabazana bakabakoresha akazi kadasanzwe kandi bagahembwa make cyane.

Umucamanza witwa Sabina Mascotto avuga ko bibabaje kuba abo bakire barakoreshaga abantu akazi badasobanukiwe neza bakagakora bucakara.

Babahembaga $363 ku kwezi, bavunitse cyane.

Ikindi kibazo urukiko ruvuga ko gikomeye ni uko abakoresha b’abo bantu babambuye impapuro z’inzira kugira ngo batazabona uko basubira iwabo bavuye mu Busuwisi.

Umwe mu bashinjacyaha bazwi kurusha abandi mu Busuwisi witwa Yves Bertossa avuga ko amafaranga abo muri uriya muryango bakoresha amafaranga yabo bita ku mbwa yabo kurusha uko bita ku bantu bavanye iyo ikantarange babazanye ngo bite ku bana babo.

Mu nkuru zabanjirije iyi, harimo ko abo muri uriya muryango barategekaga abo bakozi kutaryama abana babo batararangiza kureba filimi.

Ni ikintu cyatumaga barara bataruhutse kandi buri bucye bakora akazi kenshi.

Ifoto@AFP

TAGGED:AbakireBusuwisifeaturedUbuhindeUmuryango
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article I Busogo Aho Kagame Agiye Kwiyamamaariza Ibintu Birashyushye
Next Article Kirehe: Uko Aho Mpayimana Ari Bwiyamamarize Byifashe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?