Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Byagenze Gute Ngo Urutare Rwisature Nk’Aho Barukatishije Urucyero?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubumenyi N'Ubuhanga

Byagenze Gute Ngo Urutare Rwisature Nk’Aho Barukatishije Urucyero?

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 March 2022 4:26 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Muri Arabie Saoudite hari urutare runini cyane bise Al Naslaa rusatuyemo kabiri nk’aho bakoresheje irati barukata. Igitangaje ni uko nta muntu wigeze arukata, bityo abahanga mu bumenyi bw’isi bakaba bakibaza uko byagenze ngo birugendekere kuriya.

Kubera ko nta muntu uwo ariwe wese ukekwa ko yaba yarakase ruriya rutare mo kabiri, igisobanuro cyabyo abahanga bagishakira mu ngufu kamere z’isi n’ibiyiriho nk’umuyaga, izuba(ubushyuhe bwaryo) ijoro( ubukonje bwaryo) n’ibindi.

Uru rutare rufite ubuhagarike bwa metero esheshatu. Ruhagaritse ku tuntu wagira ngo ni itsinda ry’abantu bazi kurimbisha ahantu(décor) barugiteretseho.

Umusomyi wa Taarifa uzasura Arabie Saoudite azajye mu gace kitwa Tayma azaruhasanga.

Bavuga ko ruri mu bintu byiza biri ku isi mukerarugendo yafatiraho ifoto y’urwibutso.

Kubera ko rushushanyijeho amafarasi, indogobe ndetse n’abantu, hari bamwe bakeka ko abantu nyirizina ari bo bakase ruriya rutare mu kabiri ariko abahanga ibyo ntibabyemera.

Bavuga ko gukorana kw’imbaraga kamere zibiri ku isi cyangwa mu kirere ari ko kwagize uruhare mu gihindura imikorere n’imikoranire y’ibinyabutabire bigize ruriya rutare bituma rutangira kwisatura gahoro gahoro kandi mu buryo budahindagurika k’uburyo rwisatuye ku murongo ‘ugororotse.’

Ibidukikije bigira ibitangaza byabyo

Ni umurongo ugororotse k’uburyo wagira ngo bashyizeho irati barapima bazana urukero rukoresha amashanyarazi bararukata.

Ubu buryo bwo kwikata kwarwo bavuga ko bwakozwe mu myaka ibihumbi yashize.

Za mbaraga twavuze haruguru zivugwa ho kugira uruhare mu gutuma ruriya rutare rwisatura, harimo n’iz’umuyaga.

Ikindi ni uko kuba ruriya rutare ruteretse hejuru y’utununga tubiri, byatumye umuyaga wahuhaga umusenyi, uyu musenyi waragiye usa munsi y’iri buye kera kabaye ukaza gutuma ibice byegereye aho wacaga bigenda birekurana gahoro gahoro kugeza ubwo hishushanyije umurongo usa nurambuye ugenda wisatura mu buryo burambuye.

N’ubwo abahanga basobanura mu buryo butandukanye uko ruriya rutare rwikase, icy’ingenzi bahurizaho ni uko bitakoze n’abantu ahubwo byakozwe n’imbaraga kamere z’ibidukikije.

Ni ikimenyetso cyerekana ko isi dutuye ifite ubushobozi bwo guhindura uko bimwe mu biyiriho bikora ndetse n’imiterere yabyo.

TAGGED:Arabie SaouditefeaturedIbidukikijeUrutare
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ikigo Cy’Abafaransa Gishinzwe Iterambere Mpuzamahanga Kirafungura Ibiro i Kigali
Next Article Perezida Kagame Azasura Jamaica
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Somalia: Al Shabaab Yagabye Igitero Aho Abarwanyi Bayo Bafungiye

Abagendera Muri Rwandair Bazajya Bareberamo ‘Filimi Nyarwanda’

Abaturiye CIMERWA Bagiye Kwimurwa

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Abanyarwanda Bitabiriye UCI

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kigali: U Rwanda Ruraganira Na Afurika Uko Politiki Ya ICT Yahuzwa

Abanya Venezuela Bari Guhabwa Intwaro Zo Kuzahangana Na Amerika

Umuhanga Wabwiye Isi Imibereho Y’Impundu Jane Goodall Yapfuye

Perezida Kagame Yashimiye Abanyarwanda Bafannye Igare

Burkina Faso Irapfa Iki Na Côte d’Ivoire ?

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaImibereho Y'Abaturage

Ababyeyi Baraburirwa Ko Tik Tok Ibangiriza Abana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bagera Ahandi Bakisanga Mu Buretwa-Amb Kimonyo 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?