Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Byagenze Gute Ngo Urutare Rwisature Nk’Aho Barukatishije Urucyero?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubumenyi N'Ubuhanga

Byagenze Gute Ngo Urutare Rwisature Nk’Aho Barukatishije Urucyero?

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 March 2022 4:26 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Muri Arabie Saoudite hari urutare runini cyane bise Al Naslaa rusatuyemo kabiri nk’aho bakoresheje irati barukata. Igitangaje ni uko nta muntu wigeze arukata, bityo abahanga mu bumenyi bw’isi bakaba bakibaza uko byagenze ngo birugendekere kuriya.

Kubera ko nta muntu uwo ariwe wese ukekwa ko yaba yarakase ruriya rutare mo kabiri, igisobanuro cyabyo abahanga bagishakira mu ngufu kamere z’isi n’ibiyiriho nk’umuyaga, izuba(ubushyuhe bwaryo) ijoro( ubukonje bwaryo) n’ibindi.

Uru rutare rufite ubuhagarike bwa metero esheshatu. Ruhagaritse ku tuntu wagira ngo ni itsinda ry’abantu bazi kurimbisha ahantu(décor) barugiteretseho.

Umusomyi wa Taarifa uzasura Arabie Saoudite azajye mu gace kitwa Tayma azaruhasanga.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Bavuga ko ruri mu bintu byiza biri ku isi mukerarugendo yafatiraho ifoto y’urwibutso.

Kubera ko rushushanyijeho amafarasi, indogobe ndetse n’abantu, hari bamwe bakeka ko abantu nyirizina ari bo bakase ruriya rutare mu kabiri ariko abahanga ibyo ntibabyemera.

Bavuga ko gukorana kw’imbaraga kamere zibiri ku isi cyangwa mu kirere ari ko kwagize uruhare mu gihindura imikorere n’imikoranire y’ibinyabutabire bigize ruriya rutare bituma rutangira kwisatura gahoro gahoro kandi mu buryo budahindagurika k’uburyo rwisatuye ku murongo ‘ugororotse.’

Ibidukikije bigira ibitangaza byabyo

Ni umurongo ugororotse k’uburyo wagira ngo bashyizeho irati barapima bazana urukero rukoresha amashanyarazi bararukata.

Ubu buryo bwo kwikata kwarwo bavuga ko bwakozwe mu myaka ibihumbi yashize.

- Advertisement -

Za mbaraga twavuze haruguru zivugwa ho kugira uruhare mu gutuma ruriya rutare rwisatura, harimo n’iz’umuyaga.

Ikindi ni uko kuba ruriya rutare ruteretse hejuru y’utununga tubiri, byatumye umuyaga wahuhaga umusenyi, uyu musenyi waragiye usa munsi y’iri buye kera kabaye ukaza gutuma ibice byegereye aho wacaga bigenda birekurana gahoro gahoro kugeza ubwo hishushanyije umurongo usa nurambuye ugenda wisatura mu buryo burambuye.

N’ubwo abahanga basobanura mu buryo butandukanye uko ruriya rutare rwikase, icy’ingenzi bahurizaho ni uko bitakoze n’abantu ahubwo byakozwe n’imbaraga kamere z’ibidukikije.

Ni ikimenyetso cyerekana ko isi dutuye ifite ubushobozi bwo guhindura uko bimwe mu biyiriho bikora ndetse n’imiterere yabyo.

TAGGED:Arabie SaouditefeaturedIbidukikijeUrutare
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ikigo Cy’Abafaransa Gishinzwe Iterambere Mpuzamahanga Kirafungura Ibiro i Kigali
Next Article Perezida Kagame Azasura Jamaica
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?