Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Byitezwe Ko Paul Rusesabagina Afungurwa, Yasabye Imbabazi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Byitezwe Ko Paul Rusesabagina Afungurwa, Yasabye Imbabazi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 March 2023 2:53 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikinyamakuru cyo muri Leta zunze ubumwe z’Amerika kitwa Semafor cyatangaje ko amakuru yizewe gifite avuga ko Paul Rusesabagina wahamijwe n’inkiko z’u Rwanda ibyaha birimo iby’ibitero byagabwe mu Majyepfo n’Uburengerazuba bw’u Rwanda bigahitana abantu, ari bufungurwe mu masaha make ari imbere.

Bitangajwe nyuma y’ikiganiro Perezida Kagame yagiranye n’iki kinyamakuru mu minsi ishize akavuga ko kuba Rusesabagina yahabwa imbabazi nta gitangaza kirimo kuko hari n’izahawe abo bitatekerezwaga ko bazihabwa.

Semafor ivuga ko amakuru y’uko Paul Rusesabagina ari bufungurwe bayahawe n’abayobozi ba Qatar n’ab’u Rwanda.

Iki kinyamakuru kivuga ko Rusesabagina ari bufunguranwe n’abandi bashinjanywe bagera kuri 20.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Icyakora Minisitiri w’ubutabera akaba  n’Intumwa nkuru ya Guverinoma Dr. Emmanuel Ugirashebuja yabwiye iki kinyamakuru  ko nihagira ukora insubiracyaha azahita ahanishwa ibihano yari yarahawe mbere y’uko ababarirwa.

Yasabye imbabazi…

Inyandiko ya Semafor ivuga ko Paul Rusesabagina hari ibaruwa yandikiye Perezida Kagame amusaba imbabazi.

Umwanditsi mukuru wa Semafor witwa Steve Clemons avuga ko biteganyijwe ko iyo baruwa nayo izatangazwa mu gihe kiri imbere.

Umwanditsi mukuru wa Semafor witwa Steve Clemons

Muri yo handitsemo ko yicuza imikoranire iyo ari yo yose yagiranye n’abakoze ibyaha byahitanye abaturage bo mu Majyepfo no mu Burengerazuba.

- Advertisement -

Avuga ko yicuza no kuba yaragize imikoranire n’indi mitwe ya Politiki.

Rusesabagina yanditse ko narekurwa azazibukira ibya Politiki y’u Rwanda, akajya kwibera muri Amerika atuje, yitekerezaho.

Biteganyijwe ko Paul Rusesabagina narekurwa, azamara iminsi runaka muri Ambasade ya Qatar mu Rwanda mbere y’uko yurira indege ajya i Doha.

Nyuma nibwo azasubizwa muri Amerika.

TAGGED:featuredImbabaziKagameRusesabaginaRwandaSemafor
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Polisi Y’u Rwanda Yatsinze Iya Kenya Muri Volley Na Boxing
Next Article DRC: Tshisekedi Yahinduye Guverinoma
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?