Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Cameroon: Indege Itwaye Abagenzi Yakoreye Impanuka Mu Ishyamba
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Cameroon: Indege Itwaye Abagenzi Yakoreye Impanuka Mu Ishyamba

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 May 2022 10:43 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Imwe mu ndege yari ihagurutse hafi ya Yaoundé muri Cameroun yakoreye impanuka mu ishyamba  riri hafi aho. Bivugwa ko yari irimo abantu 11 kandi bose bashobora kuba bahasize ubuzima.

Iby’impanuka y’iriya ndege byatangajwe bwa mbere na Minisiteri y’ubwikorezi.

Amakuru avuga ko ubwo iriya ndege yari imaze gufata ikirere, yaje gutakaza itumanaho yari ifitanye n’abayiyobora bituma umupiloti ayigusha mu ishyamba  riri hafi aho.

Iri shyamba riherereye ahitwa Nanga Eboko mu bilometero 150 uturutse Yaoundé.

Ni  indege y’ikigo cy’ubwikorezi kitwa the Cameroon Oil Transportation Company (COTCO) gisanzwe cyarashoye mu by’ubucukuzi bw’ibikomoka  kuri petelori bimwe bicukurwa muri Chad.

Anadolu Agency yanditse ko iriya ndege yavaga ku kibuga cy’indege cya Yaoundé-Nsimalen igana ahitwa  Belabo mu Burasirazuba bwa Camaron.

Cameroun yigeze kubera mo impanuka y’indege yahitanye abantu 114 icyarimwe

Impanuka ikomeye kuri uru rwego yaherukaga kubera muri Cameroon mu mwaka wa 2007 ubwo indege ya Kenya Airways yahakoreraga impanuka igahitana abantu 114.

Icyo gihe iriya ndege yiteguraga kugwa ku kibuga cy’indege cya Douala.

Iperereza ryakozwe nyuma y’iriya mpanuka ryerekanye ko yatewe n’ikosa ry’umupilote.

 

TAGGED:CameronfeaturedImpanukaIndege
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bimwe Mu Byo Inkweto Z’Abagore Zifite Talo Ndende Zigaragaza
Next Article Ibiciro ‘Bizakomeza’ Kuzamuka: BNR
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu mahangaUbuzima

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?