Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Canada Yagobotse Impunzi Mu Rwanda Nyuma Y’uko Ibiribwa Bigabanyijweho 60%
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Canada Yagobotse Impunzi Mu Rwanda Nyuma Y’uko Ibiribwa Bigabanyijweho 60%

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 March 2021 1:44 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Guverinoma ya Canada yashyikirije Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye Ryita ku Biribwa (WFP) inkunga ya miliyoni imwe y’amadolari ya Canada – ni ukuvuga miliyoni zisaga 770 Frw – zigenewe gufasha impunzi z’Abarundi n’Abanye-Congo bari mu Rwanda kubona ibiribwa.

Umuyobozi wa WFP Rwanda, Edith Heines, yavuze ko iyi nkunga ishimishije kuko ibonetse mu gihe inkunga y’ibiribwa WFP iha impunzi yagabanutseho 60 ku ijana guhera muri uku kwezi, kubera igabanyuka ry’inkunga.

Ati “Iyi nkunga yatanzwe na Guverinoma n’abaturage ba Canada izafasha mu gukumira irindi gabanyuka ry’ibiribwa bihabwa impunzi mu mezi ari imbere.”

Ibiribwa bihabwa impunzi bisigaye btangwa mu buryo bw’amafaranga, nk’uburyo bufasha abagabo n’abagore bari mu nkambi kugira amahitamo ku mafunguro bagaburira imiryango yabo.

Inyigo yakozwe na WFP mu 2018 kandi yagaragaje ko iyo gahunda ituma imiryango y’impunzi ibasha kwigirira icyizere.

Uwo muryango wakomeje uti “Iyi nkunga izafasha WFP gukomeza guha ibiribwa impunzi 51.000 zatoranyijwe nk’izibikeneye kurusha izindi, nk’abana bafite munsi y’imyaka ibiri, abanyeshuri n’abagore batwite cyangwa ababyeyi bonsa, kimwe n’abafite virusi itera sida cyangwa abarwaye igituntu bari ku miti.”

WFP yatangaje ko nubwo yishimiye iyi nkunga, ikeneye inyongera ya miliyoni $9.3 kugira ngo ibashe gutanga amafunguro akenewe muri uyu mwaka wa 2021.

Yakomeje iti “Niba inkunga y’inyongera itabonetse mu mezi ari imbere, bizaba ngombwa kongera kugabanya ibiribwa bitangwa.”

Kugeza ubu mu Rwanda habarurwa impunzi zigera ku 135.000 z’Abarundi n’Abanye-Congo ziri mu nkambi zitandukanye mu Rwanda.

TAGGED:Edith HeinesfeaturedWFP
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuntu Ufite Ubumuga Yaremwe N’Imana Nk’Uko Nawe Yakuremye
Next Article Kenya Yashyize Imijyi Itanu Mu Kato Kubera COVID-19
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abavandimwe Alicia Na Germaine Bakoze Indirimbo Bizeyeho Byinshi

Kubaka Urugomero Rwa Nyabarongo Bizatuma Havuka Ikiyaga Kizakora Ku Turere 8

Nyagatare: Batashye Isoko Risakaye Bari Barifuje Igihe Kirekire

Urwibutso Rwa Jenoside Yakorewe Abayahudi Baruhumanyije

Drones Zigiye Gukoreshwa Mu Kurwanya Imibu Yo Mu Bugesera

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Rwandair Yaguze Izindi Ndege Ngari 

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Rwamagana:Uwahoze Ari Umunyamakuru Wa Radio Agiye Kwishingira Iye

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Kigali: Abagore Baravugwa Kenshi Mu Biyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

UNHCR Yaganirije AFC/M23 Ku Kibazo Cy’Impunzi Ziri Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umukino Urangiza Irushanwa ‘Gicanda Invitation 2025’ Urabera Kigali Pele Stadium

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushaka Kuba Igihugu Gikize Byuzuye-Kagame

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?