Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Canada Yagobotse Impunzi Mu Rwanda Nyuma Y’uko Ibiribwa Bigabanyijweho 60%
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Canada Yagobotse Impunzi Mu Rwanda Nyuma Y’uko Ibiribwa Bigabanyijweho 60%

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 March 2021 1:44 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Guverinoma ya Canada yashyikirije Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye Ryita ku Biribwa (WFP) inkunga ya miliyoni imwe y’amadolari ya Canada – ni ukuvuga miliyoni zisaga 770 Frw – zigenewe gufasha impunzi z’Abarundi n’Abanye-Congo bari mu Rwanda kubona ibiribwa.

Umuyobozi wa WFP Rwanda, Edith Heines, yavuze ko iyi nkunga ishimishije kuko ibonetse mu gihe inkunga y’ibiribwa WFP iha impunzi yagabanutseho 60 ku ijana guhera muri uku kwezi, kubera igabanyuka ry’inkunga.

Ati “Iyi nkunga yatanzwe na Guverinoma n’abaturage ba Canada izafasha mu gukumira irindi gabanyuka ry’ibiribwa bihabwa impunzi mu mezi ari imbere.”

Ibiribwa bihabwa impunzi bisigaye btangwa mu buryo bw’amafaranga, nk’uburyo bufasha abagabo n’abagore bari mu nkambi kugira amahitamo ku mafunguro bagaburira imiryango yabo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Inyigo yakozwe na WFP mu 2018 kandi yagaragaje ko iyo gahunda ituma imiryango y’impunzi ibasha kwigirira icyizere.

Uwo muryango wakomeje uti “Iyi nkunga izafasha WFP gukomeza guha ibiribwa impunzi 51.000 zatoranyijwe nk’izibikeneye kurusha izindi, nk’abana bafite munsi y’imyaka ibiri, abanyeshuri n’abagore batwite cyangwa ababyeyi bonsa, kimwe n’abafite virusi itera sida cyangwa abarwaye igituntu bari ku miti.”

WFP yatangaje ko nubwo yishimiye iyi nkunga, ikeneye inyongera ya miliyoni $9.3 kugira ngo ibashe gutanga amafunguro akenewe muri uyu mwaka wa 2021.

Yakomeje iti “Niba inkunga y’inyongera itabonetse mu mezi ari imbere, bizaba ngombwa kongera kugabanya ibiribwa bitangwa.”

Kugeza ubu mu Rwanda habarurwa impunzi zigera ku 135.000 z’Abarundi n’Abanye-Congo ziri mu nkambi zitandukanye mu Rwanda.

- Advertisement -
TAGGED:Edith HeinesfeaturedWFP
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuntu Ufite Ubumuga Yaremwe N’Imana Nk’Uko Nawe Yakuremye
Next Article Kenya Yashyize Imijyi Itanu Mu Kato Kubera COVID-19
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?