Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: CANAL+ Rwanda Na Rayon Sports Bongereye Amasezerano Y’Ubufatanye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

CANAL+ Rwanda Na Rayon Sports Bongereye Amasezerano Y’Ubufatanye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 June 2022 12:49 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Sosiyete icuruza amashusho, CANAL+ Rwanda na Rayon Sports FC bongereye amasezerano y’imikoranire  n’ubufatanye mu bikorwa byo guteza imbere ibikorwa bya buri ruhande.

Ni umuhango wabaye kuri uyu wa Kane taliki 30 Kamena 2022 ku cyicaro cya CANAL+ RWANDA.

Rayon Sports yari ihagarariwe umuyobozi wayo, Uwayezu Jean Fidel, mu gihe ku ruhande rwa CANAL+ Rwanda yari ihagarariwe n’umuyobozi mukuru, Sophie TCHATCHOUA.

N’ubwo hatatangajwe agaciro mu bijyanye n’amafaranga, aya masezerano azamara igihe cy’umwaka ushobora kongerwa kubera ko impande zombi zashimangiye ko biteguye gukorana mu gihe kirekire.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Umuyobozi wa CANAL+ Rwanda, Sophie TCHATCHOUA avuga ko gukorana na Rayon Sports bizagirira akamaro   CANAL+ Rwanda.

Avuga ko yizeye nta kabuza ko  no mu myaka iri imbere umusaruro uzakomeza kwiyongera.

Ati: “Twishimiye kongera gukorana na Rayon Sports. CANAL+ Rwanda ifite intego yo guteza imbere siporo mu Rwanda, bityo gukorana n’umuryango wa Gikundiro ni bumwe mu buryo bwo kuzagera kuri iyo ntego. N’ubwo amasezerano ari ay’umwaka umwe, twizeye kuzakomeza gukorana mu gihe kirekire.”

Umuyobozi wa Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidel, we yavuze ko bizeye gukomeza gukorana na CANAL+ Rwanda ndetse ashimangira ko nk’ikipe bizeye kuzarushaho gukomeza kuzamura ibikorwa bya kiriya kigo yise  ‘umuterankunga w’ingenzi.’

Ati: “Tuzakomeza kwamamaza ibikorwa bya CANAL+ Rwanda binyuze ku myambaro y’ikipe, ku bibuga bizajya biberaho imikino yacu, ku mbuga nkoranyambaga ndetse tuzajya dutemberana hirya no hino mu gihugu kugira ngo turusheho kubwira abafana ba Rayon Sports ibyiza bya CANAL+ Rwanda.”

- Advertisement -

Bwa mbere CANAL+ Rwanda na Rayon Sports basinyana amasezerano byari tariki 11/Ugushyingo/2021.

Kuva icyo gihe iyi kipe yambara ikabutura iriho ikirango cya CANAL+ Rwanda mu gihe ku ruhande rwa CANAL+ naho itanga ibikoresho ku bakinnyi n’abandi bakozi bose ba Rayon Sports, birimo ifatabuguzi ry’umwaka ryo kureba amashene yose ya CANAL+ Rwanda.

Uwandika ku rubuga rwa Rayon abaza ibibazo
Edmond Byiringiro ukora mu ishami ry’ubucuruzi rya Canal +Rwanda
Marie Claire Muneza ushinzwe itumanaho muri Canal + Rwanda
Patrick Nemenye ushinzwe ubucuruzi muri Rayon Sports

 

Abayobozi bafashe ifoto y’urwibutso
TAGGED:AbakiliyaCanal +featuredIkipeRayon
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article COVID-19 Yongeye Kwica Umunyarwanda
Next Article Hagiye Kwibukwa Abatutsi Bazize Jenoside Bitazwi Aho Baguye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?