Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Cassien Ntamuhanga Agiye Gushyikirizwa U Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

Cassien Ntamuhanga Agiye Gushyikirizwa U Rwanda

admin
Last updated: 03 June 2021 12:53 pm
admin
Share
SHARE

Amakuru agera kuri Taarifa yemeza ko Cassien Ntamuhanga waherukaga gutoroka gereza ya Mpanga mu Karere ka Nyanza yafatiwe muri Mozambique, ndetse ko mu minsi ya vuba azagezwa mu Rwanda.

Mu 2015 nibwo Ntamuhanga yakatiwe gufungwa imyaka 25 mu rubanza yareganwagamo n’abarimo Kizito Mihigo, ibyaha birimo kugambirira kugirira nabi umukuru w’igihugu.

Mu ijoro rishyira ku wa 31 Ukwakira 2017, byatangajwe ko Ntamuhanga yatorotse gereza ya Mpanga mu Karere ka Nyanza akoresheje imigozi. Kuva ubwo ntihongeye kumenyekana irengero rye. Amakuru yaje kwemeza ko asigaye aba muri Mozambique.

Guhera ku wa 24 Gicurasi inkuru z’ifatwa rye zabaye nyinshi ko yafashwe ku munsi wabanje. Ku wa 28 Gicurasi byemejwe n’ihuriro yabarizwagamo ryiswe RANP-Abaryankuna.

Mu itangazo basohoye, bavuze ko ubuyobozi bw’urwo rugaga “bubabajwe” no gutangaza ko “Cassien Ntamuhanga yafashwe agafungwa mu gihugu cya Mozambique ku Cyumweru tariki 23 Gicurasi 2021.”

Amakuru ahamya ko Nyamuhanga ari mu maboko ya Polisi ya Mozabique, ko yafatiwe ku kirwa cya Inhaca akaza kwimurirwa muri kasho yo mu murwa mukuru Maputo.

Hari n’amakuru yatanzwe n’Umuyobozi w’ikigo giharanira demokarasi n’iterambere (CDD) muri Mozambique, Adriano Nuvunga, wabwiye RFI ko ahubwo Ntamuhanga yafashwe na polisi ndetse agashyikirizwa ambasade y’u Rwanda i Maputo.

Ntamuhanga arashakishwa cyane kuko yahunze ubutabera atarangije igihano cy’imyaka 25 yakatiwe mu 2015, ndetse aheruka gukatirwa indi myaka 25 mu rubanza yarezwemo adahari. We n’abandi 12 barimo umunyamakuru Phocas Ndayizera baregwaga ibyaha by’iterabwoba.

Umuvugizi w’Ubushinjacyaha bw’u Rwanda, Nkusi Faustin, aheruka kubwira Taarifa ko ibyo kuba Ntamuhanga yaba yarafashwe “ntabwo mbizi.”

Mozambique ni kimwe mu bihugu byo muri Afurika bibamo Abanyarwanda benshi bakora imirimo itandukanye y’ubucuruzi, n’abakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi bihisheyo.

Ni kimwe n’abakorana n’imitwe y’iterabwoba igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda. Bafite ibikorwa bitandukanye muri kiriya gihugu nk’uko byagiye bigaragazwa mu manza zitandukanye z’abaregwa iterabwoba.

Kuba Ntamuhanga yaba yarafashwe bigenda bihuzwa n’umubano mwiza u Rwanda na Mozambique bifitanye, aho mu mpera za Mata Perezida Filipe Nyusi yasuye u Rwanda akagirana ibiganiro na Perezida Paul Kagame byibanze ku mutekano.

TAGGED:featuredMozambiqueNtamuhanga Cassien
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uko Byagenze Ngo Gen Katumba Wamala Arokoke Amasasu 56 Imodoka Ye Yarashweho
Next Article Kagame Yoherereje Ubutumwa Perezida Suluhu Wa Tanzania
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?