Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: CG Gasana Yageze Mu Rukiko Rw’I Nyagatare
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

CG Gasana Yageze Mu Rukiko Rw’I Nyagatare

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 November 2023 10:05 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

CG( Rtd) Emmanuel Gasana yageze mu rukiko rw’ibanze rwa Nyagatare ngo aburane ku byaha ubushinjacyaha bumurega birimo gukoresha ububasha yahawe n’amategeko mu nyungu ze ‘bwite’.

Uyu mugabo wamaze imyaka umunani ayobora Polisi y’u Rwanda akaba Guverineri w’Intara ebyiri( Amajyepfo n’Uburasirazuba) yagejejwe mu rukiko ku burinzi bukomeye.

Yageze aho aburanira hakiri kare cyane kuko haburaga byibura amasaha abiri ngo iburanisha nyirizina ritangire.

Hari amabwiriza akomeye yatanzwe ku bitabira uru rubanza harimo n’uko nta mafoto cyangwa amashusho byemewe gufatwa n’umuntu utabifitiye uburenganzira.

Nta munyamakuru n’umwe wigeze amufotora agera ku rukiko, nta n’uwigeze amubona asohoka mu modoka ya RIB.

Ikindi ni uko hari ibice bimwe by’urukiko umuntu atari yemerewe kugeramo.

Abanyamakuru bemerewe kwinjira mu cyumba cy’iburanisha nta gikoresho na kimwe cy’ikoranabuhanga bafite, yaba telefoni, mudasobwa cyangwa se camera.

Bidatinze nibwo  Gasana yinjiye yambaye ikote n’ipantalo by’umukara.

Hejuru y’ibi hiyongeraho ko usibye abanyamakuru bari bahari, abandi bari abo mu muryango we.

TAGGED:featuredGasanaNyagatareRIBUrukiko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Karongi: Hari Abakemanga Gahunda ZOSE Za Leta
Next Article Gasana Yahakanye Ibyo Aregwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?