Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: CHOGM 2021 Yagombaga Kubera Mu Rwanda Yongeye Gusubikwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

CHOGM 2021 Yagombaga Kubera Mu Rwanda Yongeye Gusubikwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 May 2021 9:15 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubunyamabanga bwa Commonwealth bwemeje ko inama yagombaga guhuza abakuru b’ibihugu na guverinoma bagize uyu muryango, CHOGM, yasubitswe, kubera icyorezo cya COVID-19 gikomeje kumera nabi hirya no hino mu bihugu.

Mu ibaruwa y’Umunyamabanga Mukuru wa Commonwealth, Patricia Scotland, imenyesha ibihugu iby’iri subika, yavuze ko ubwandu bwa COVID-19 bukomeje kwiyongera hirya no hino ari nako abahitanwa n’iyi ndwara baba benshi.

Yavuze ko nko mu cyumweru cyasojwe ku wa 25 Mata 2021, Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, WHO, ryatangaje ubwandu bushya hafi miliyoni 5.7 n’impfu 87.000.

Icyo kandi cyabaye icyumweru cya cyenda cyikurikiranya ubwandu bwa COVID-19 buzamuka, kiba n’icya gatandatu cyikurikiranya impfu ziyongera, ku buryo urebye ubwandu bubarwa mu minsi irindwi y’icyumweru bwazamutse 110% mu gihe cy’amezi abiri.

Mu gihe ibintu bimeze bityo, inkingo za COVID-19 zatangaga icyizere cyo gutuma ibintu bisubira ku murongo zikomeye kubura ku bihugu byinshi bizikeneye.

Scotland yakomeje ati “Uku ni ukwiyongera gukabije kuva iki cyorezo cyatangira. Uku kwiyongera k’ubwandu bwa COVID-19 kurimo guterwa ahanini n’ubwoko bushya bwa virus yihinduranyije n’ubwandu bubera ahantu hakoraniye abantu benshi.”

Yakomeje avuga ko hagendewe ku isesengura, kuba ubu bwandu bwakwirakwira muri CHOGM ibyago biri hejuru cyane.

Ati “Kandi ntabwo ari ikibazo gusa ku bagenzi ahubwo no ku baturage b’u Rwanda ubwabo, baramutse bagezwemo n’ubwandu bwa virus yihinduranyije bwaba buturutse mu bindi bihugu.”

Byongeye, kugeza ku wa 4 Gicurasi 2021 ibihugu 29 bigize Commonwealth byari bimaze gufunga imipaka ibice cyangwa se imipaka yose, ibindi bifunga ingendo mpuzamahanga.

Scotland ati “Ibi birimo kugira ingaruka ku bwitabire buri hasi ku bakuru b’ibihugu muri CHOGM no kwiyandikisha mu mahuriro yateganywaga, aho abamaze kugaragaza ko bazitabira bari hagati ya 10-15% by’ababaga bamaze kugaragaza ko bazitabira mu gihe nk’iki, kuri CHOGM zabanje.”

Yavuze ko nubwo u Rwanda rwakoze ibishoboka mu kwitegura, bigaragara ko inama y’uyu mwaka na yo byaba byiza isubitswe nk’uko byagenze mu mwaka ushize.

Ati “Ubunyamabanga bwa Commonwealth buzakomeza gukorana bya hafi na Guverinoma y’u Rwanda nk’igihugu kigomba kwakira inama, ibindi bihugu binyamuryango n’u Bwongereza buyoboye umuryango muri iki gihe, ku buryo twagera ku buryo bufatika bwo gutegura inama izabera i Kigali ubwo ibintu bizaba bimeze neza kurushaho, kugira ngo hazabe inama itekanye, abantu bari kumwe.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, yabwiye Taarifa ko byari ngombwa ko habaho gutegereza igihe cyatuma habaho CHOGM itekanye ku bayitabira, “kurusha kuyihutira ikitabirwa n’ibihugu bike cyane.”

Iyi nama yagombaga kuba kuva ku matariki ya 21-26 Kamena 2021.

TAGGED:CHOGM 2021Dr Vincent BirutafeaturedPatricia Scotland
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Museveni Yagiranye Ibiganiro Na Ambasaderi W’u Rwanda
Next Article Ubuzima Bw’Abaturage Bugomba Kuza Mbere – Kagame Avuga Ku Isubikwa Rya CHOGM 2021
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbutabera

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?