Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Christian Eriksen ‘Ameze Neza’ Nyuma Yo Kwitura Mu Kibuga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Christian Eriksen ‘Ameze Neza’ Nyuma Yo Kwitura Mu Kibuga

Last updated: 14 June 2021 1:20 pm
Share
SHARE

Christian Eriksen yasohoye itangazo avuga ko amerewe neza, nyuma yo kwitura mu kibuga ku mukino wa EURO 2020 ikipe y’igihugu cye cya Denmark yari irimo gukina na Finland, ku wa Gatandatu.

Uyu musore w’imyaka 29 yaguye mu kibuga ku munota wa 40 w’igice cya mbere, ajyanwa mu bitaro umutima wahagaze utakibasha kohereza amaraso mu bice bitandukanye by’umubiri, bizwi nka ‘cardiac arrest’.

Yarokowe n’uburyo bwo gushitura umutima bukorwa umuntu bamukanda mu gituza, buzwi nka Cardiopulmonary Resuscitation, CPR. Byamaze iminota 13.

Eriksen yakiniye AFC Ajax na Tottenham Hotspur yo mu Bwongereza, ubu akinira Inter Milan yo mu Butaliyani. Yashimiye abafana bakomeje kugaragaza impungenge ku buzima bwe, ashimangira ko ashaka kumenya impamvu yagize kiriya kibazo.

Ni itangazo ryasohotse nyuma y’uko Eriksen yabashije kuvugisha abakinnyi bagenzi be, bagaruka ku mukino wabeyere i Copenhagen ku wa Gatandatu.

Yagize ati “Ntabwo nzigera ncika intege. Ubu ndumva meze neza kurushaho – ariko ndashaka kumenya neza ibyabaye.”

Umujyanama wa Eriksen, Martin Schoots, yavuze ko bashaka kumenya neza uko byamugendekeye, abaganga bakaba bafashe ibizamini bikenewe mu iperereza. Ibisubizo ariko bishobora gufata igihe kinini ngo biboneke.

Abakinnyi ba Denmark baganiriye na we babwiye itangazamakuru ko Eriksen arimo gutera urwenya, ku buryo yanavuze ko akeneye gusubira mu myitozo. Gusa bizasaba ibyemezo by’abaganga ngo yemererwe gusubira mu kibuga.

Kugeza ubu aracyari mu bitaro mu mujyi wa Copenhagen kuko akeneye kuruhuka bihagije. Ari kumwe n’umugore we Sabrina n’ababyeyi be Thomas na Dorthe.

Ni ubwa mbere uriya musore yagize ikibazo cy’umutima mu myaka 11 amaze ari umukinnyi w’umupira w’amaguru wabigize umwuga.

Ni yo mpamvu uyu mukinnyi yavuze ko hakenewe iperereza ryimbitse ku buzima bwe.

Umugore wa Eriksen yari yakutse umutima
TAGGED:Christian EriksenEURO 2020featured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mubafashwe na Police harimo ufite itike y’indege|| abatwara ibinyabiziga basomye kubisindisha….
Next Article Kenneth Kaunda Wayoboye Zambia Ararembye, Arasaba Amasengesho
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?