Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: CLADHO Igira Abantu Inama Yo Kwirinda Gusambanya Abana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

CLADHO Igira Abantu Inama Yo Kwirinda Gusambanya Abana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 September 2024 9:14 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Evaritse Murwanashyaka
SHARE

Umuyobozi mu Rugaga nyarwanda rushinzwe uburenganzira bwa muntu, CLADHO, ushinzwe guhuza gahunda  witwa Evaritse Murwanashyaka aburira abantu bakuru bahohotera abana ko amategeko abategereje, akabagira inama yo kujya basanga abandi bakuru nk’abo.

Abivuga abishingira ku nkuru y’umusore w’imyaka 23 wo mu Karere ka Nyamasheke ukurikiranyweho gusambanya no gutera inda umwangavu w’imyaka 17.

Imvaho Nshya yanditse ko byabereye mu Mudugudu wa Bigeyo, Akagari ka  Murambi, Umurenge wa  Cyato mu Karere ka Nyamasheke.

Uwatewe inda we atuye mu Mudugudu wa Rugeyo, Akagari ka Raro, Umurenge wa Kanjongo, hombi ni muri Nyamasheke.

Ni ikibazo cyari kimaze iminsi kibaye kuko uwo mwana yari amaze umwaka avutse, bivuze ko yatewe inda mu mezi menshi yari yaratambutse.

Nyuma yo guterwa inda, uwo mukobwa yabayeho nabi kuko uwayimuteye yamutereranya nk’uko yabibwiye itangazamakuru.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke bwabwiye itangazamakuru ko uwo mukobwa ari gufashwa ngo yite kuri uwo mwana akure neza.

Ibi byemezwa na Visi Meya w’aka Karere ushinzwe imibereho myiza y’abaturage  Mukankusi Athanasie.

Aho guhohotera abana bajye bajya mu bantu bakuru…

Evariste Murwanashyaka avuga ko bidakwiye ko abantu bakuru bangiza abana.

Avuga ko bari bakwiye kuba abantu bashyira mu gaciro, bakibuka ko aho kujya kwangiza abana bato bajya mu bantu bakuru bashobora kugira ibyo bumvikanaho.

Ati: “ Icyo nabivugaho ni ukuburira abantu bagerageza gusambanya abana ko hari ibihano bigenewe abasambanya abana birahari kandi birakomeye, ni ukuvuga hagati ya burundu n’imyaka 25”.

Murwanashyaka avuga ko aho kugira ngo abantu bajye mu bana bajya bajya mu bantu bakuru.

Yunzemo ati: “ Bajye bajya mu bantu bakuru kuko barahari, nta mpamvu yo guhemukira abana. Urumva amuteye inda, amubujije amahirwe yo mu buzima bwe bw’ahazaza, ananiwe no kumufasha”.

Indi ngingo aheraho aburira abakora ibyo ni uko uvugwaho icyo cyaha nawe agiye gufungwa bityo ejo hazaza he hakaba harapfuye.

Abakobwa nabo basabwa kujya bagira amakenga bagashishoza bakamenya ko runaka agambiriye kuzabahohotera bakamutangaho amakuru hakiri kare.

Ihohoterwa Rishingiye Ku Gitsina Ryabaye Icyorezo

TAGGED:AbanaCLADHOfeaturedIhohoteraMurwanashayaka
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kenya, Uganda Na Tanzania Bizifatanya Mu Kwakira CHAN 2025
Next Article Misiri Iri Guha Somalia Intwaro
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

Knowless Yagiye Tanzania Kuhasohorera Indirimbo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?