Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Col Simba Wishe Abatutsi B’i Kaduha Yapfuye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

Col Simba Wishe Abatutsi B’i Kaduha Yapfuye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 July 2023 9:07 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ni Lieutenant Colonel Aloys Simba wari umwe mu biyise Les Camarades du 5, Juillet, 1973.  Bari abasirikare 11 bafatanyije na Juvénal Habyarimana gufata ubutegetsi mu mwaka wa 1973. Simba yaje no gukora Jenoside yakorewe Abatutsi kuko urukiko rwabimuhamije.

Kuri uyu wa Kabiri taliki 04, Nyakanga, 2023 nibwo itangazo rimubika ryasohowe n’abo mu muryango we. Yapfuye afite imyaka 85 y’amavuko.

Lieutenant Colonel Simba Aloys yahamijwe icyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu cyahoze ari Gikongoro, muri Kaduha.

Yagashwe mu mwaka wa 2001 ubwo yari ari Senegal, yoherezwa kuburanira mu Rukiko Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda, rwari rufite icyicaro i Arusha muri Tanzania.

Taliki 30 Kanama, 2004 nibwo yatangiye kuburana urubanza rwe rupfundikirwa taliki 08 Nyakanga, 2005, akatirwa imyaka 25 y’igifungo.

We ndetse n’ubushinjacyaha barajuriye, ariko ubwo bujurire bw’impande ebyiri burangwa kuko taliki  27 Ugushyingo, 2007 Urugereko rw’ubujurire bari baregeye rwagumishijeho  igifungo cy’imyaka 25.

Simba yajyanywe muri Bénin kugira ngo aharangize igihano ariko aza kurekurwa ku wa 29, Mutarama, 2019 ku mpamvu z’uburwayi igihano cye kitarangiye.

Lt Col Aloys Simba yavutse ku wa 28 Ukuboza, 1938 avukira muri Komini Musebeya, Perefegitura ya Gikongoro.

Yinjiye mu ishuri rikuru rya gisirikare ry’i Kigali mu 1961.

Mu mwaka wa 1973 ubwo we n’abo bari bafatanyije mu guhirika Perezida Grégoire Kayibanda babikoraga, yari afite ipeti rya Major.

Ku butegetsi bwa Perezida Juvenal Habyarimana, Col Simba yabaye Minisitiri w’Itangazamakuru, aba n’Umudepite.

Yasezerewe mu ngabo z’u Rwanda z’icyo gihe (Ex-FAR) ajya mu kiruhuko cy’izabukuru mu 1992.

Urupfu rwa Simba rukurikiye urwa Lt Col Tharcisse Muvunyi nawe wari warakatiwe igifungo cy’imyaka 15 ariko akaza kukirangiza.

Yapfuye  aguye mu bwogero, agwa muri Niger.

Yari yarahamijwe uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, arangiza igihano cye cy’imyaka 15.

Iby’urupfu rwe bwatangajwe n’umuburanira witwa Me Abbe Jolles wabwiye itangazamakuru ko Muvunyi yaguye mu bwogero nk’uko bagenzi be babanaga muri Niger babimutangarije.

Lt Col Tharcisse Muvunyi Wakanguriye Interahamwe Kumara Abatutsi Yapfuye

TAGGED:featuredGikongoroJenosideKaduhaSimba
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Yiyahuye Kubera Ko Umugore We Yanze Kumutekera Inkoko
Next Article DRC: Muri Walikale Hari Zahabu Yabuze Gicukura
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nick Ngendahayo Ari Gutegura Igitaramo Kirangiza Umwaka Kizabera I Kigali 

Perezida Wa Madagascar Yuhunze Igihugu 

Netanyahu Ati: ‘Abanzi Bacu Bamenye Ko Tutujya Twibagirwa’

U Rwanda Rugiye Kubaka Icyanya Cy’Inganda Kizatunganya Impu

Inzitizi Abo Muri DRC Babona Mu Kwambura FDLR Intwaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ingingo Z’Ingutu Zitegereje Trump Mu Kumvikanisha Hamas Na Israel 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Abakozi Ba RBC Bafunzwe Bazira Ruswa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Abanya Israel Ba Mbere Batwawe Na Hamas Barekuwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Israel: Baritegura Kwakira Trump Nk’Umwami

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?