Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Coronavirus Yihinduranyije Ya Omicron Yageze Muri Uganda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

Coronavirus Yihinduranyije Ya Omicron Yageze Muri Uganda

Last updated: 07 December 2021 1:47 pm
Share
SHARE

Minisiteri y’Ubuzima ya Uganda yemeje ko yatahuye ubwandu bwa coronavirus yihinduranyie ya Omicron, mu bipimo birindwi byafashwe mu bantu bari bavuye mu mahanga.

Abantu basanzwemo ubwo burwayi ngo bapimwe barimo kwinjira muri Uganda banyuze ku Kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Entebbe.

Yagize iti “Batanu muri abo bari bavuye muri Nigeria mu gihe babiri bari baturutse muri Afurika y’Epfo.”

Uganda has confirmed 7 cases of the Omicron variant. 5 of these arrived from Nigeria while 2 arrived from South Africa. This was confirmed by the genomic surveillance that we have been carrying out at the various points of entry and among the general population.

— Ministry of Health- Uganda (@MinofHealthUG) December 7, 2021

Gutahura iyo virus ngo byanyuze mu buryo bwo gusesengura imiterere ya virus ziba zabonetse mu bantu banduye COVID-19, igikorwa inzego z’ubuzima zimazemo iminsi cyane cyane ku mipaka yinjira muri Uganda.

Minisiteri y’Ubuzima yakomeje iti “Abantu bagaragayemo uburwayi bashyizwe mu kato ndetse barimo gukurikiranirwa hafi. Ntabwo barembye cyane.”

Yasabye abaturage kudacikamo igikuba, ahubwo bakihutira kwikingiza COVID-19 kandi bakubahiriza amabwiriza yo kwirinda iki cyorezo.

Iyi virus iheruka gutangazwa bwa mbere n’abashakashatsi bo muri Afuria y’Epfo, ibihugu byinshi byihutira gufunga ingendo z’indege zerekeza mu majyepfo ya Afurika.

Gusa uko iminsi ishira byagiye bigaragara ko iyi virus iri ahantu henshi, no mu bipimo byafashwe mbere y’uko Afurika y’Epfo itangaza ko yabonye iyi virus.

Ntabwo kugeza ubu haramenyekana ubukana bwayo mu buryo ntakuka, ariko bitewe n’uburyo yihinduranya inshuro nyinshi kurusha Delta, ifite ubushobozi bwo kwanduza abantu benshi mu gihe gito.

Ntabwo ubushakashatsi buremeza kandi ibyago byayo uko bingana mu gutuma abantu benshi baremba, bapfa, cyangwa urwego ishobora kwirindwaho hakoreshejwe inkingo zirimo gutangwa ubu.

Hejuru ku ifoto: Minisitiri w’Ubuzima wa Uganda, Jane Ruth Aceng

TAGGED:COVID-19featuredJane Ruth AcengUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Bwongereza Bwahaye U Rwanda Inkingo Miliyoni 1.1 Za COVID-19
Next Article Bagiye Kurega Facebook Kuko Yatumye Bakorerwa Jenoside
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Indonesia, Azerbaijan Na Pakistan Mu Biganiro Na Amerika Byo Kohereza Ingabo Muri Gaza

Abasenateri Babajije Minisante Aho Igeze Ikemura Ubuke Bw’Abaganga

Perezida Wa Misiri Yambitse Umupolisi W’u Rwanda Umudali

Kagame Yihanganishije Abaturage Ba Kenya Kubera Urupfu Rwa Odinga 

Kabila Yashinze Ishyaka

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nzanywe No Guhanga Udushya- Umuyobozi Mushya Wa Airtel Rwanda 

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Abakozi Ba RBC Bafunzwe Bazira Ruswa 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Kenya Yashyizeho Icyunamo Cy’Iminsi Irindwi Bunamira Odinga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abanyarwanda Tugomba Kubaho Kuko Ni Impano Y’Imana- Kagame

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Netanyahu Yavuze Ko Niba Hamas Itamanitse Amaboko Ijuru Rizayigwira

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Iteramakofe: Mukazayire Yasabye Ikipe Y’u Rwanda Kuzatahana Imidali

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?