Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: COVID-19: U Rwanda Rwaguze Imashini Zitanga Litiro 2000 z’Umwuka Ku Isaha
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

COVID-19: U Rwanda Rwaguze Imashini Zitanga Litiro 2000 z’Umwuka Ku Isaha

admin
Last updated: 15 July 2021 6:16 pm
admin
Share
SHARE

Minisiteri y’Ubuzima yaguze imashini 26 zitanga umwuka uhabwa indembe, mu gihe abandura n’abazahazwa na COVID-19 ukomeje kuba munini uko bwije n’uko bukeye.

Mu kwezi gushize iyi minisiteri yatangaje ko kuva ubwandu bwa SARS-CoV-2 yihinduranyije ya Delta yagera mu Rwanda, umwuka uhabwa indembe wikubye inshuro 10 ugereranyije n’uwakoreshwaga uko kwezi kugitangira.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima Dr Mpunga Tharcisse yavuze ko nubwo umwuka uhabwa indembe ugihagije, harimo kongerwa imbaraga binyuze mu kugura imashini nshya. Hari mu kiganiro kuri TV1.

Yagize ati “Uko abarwayi biyongera birasaba umwuka mwinshi, ariko mwabonye ko mu bihe bishize twaguze imashini nyinshi zigera muri 26 zifite ubushobozi bwo gutanga litiro 2000 ku isaha, ubu tuvugana 10 zimaze kugera mu Rwanda n’izindi tuzitegereje mu cyumweru gitaha.”

“Bizongera ubwo bushobozi bwo kuba twafasha abantu benshi cyane bakeneye umwuka. Nibyo uko ubwandu bwiyongera abaremba bariyongera, abakenera ubufasha bw’umwuka n’ibindi byo kwa muganga bariyongera.”

Kuri iki Cyumweru Dr Mpunga yavuze ko mu bantu 15,000 bakirwaye, 90% bavurirwa mu ngo. Ariko hari abari mu bitaro barimo 180 barembye, barimo kongererwa umwuka.

Imashini zitanga umwuka mwinshi ziheruka gushyirwa mu bitaro bya Nyarugenge, byakira abarwaye COVID-19.

Dr Mpunga yavuze ko mu kurushaho kwitegura guhangana n’ubwandu bwinshi bwa COVID-19, ibigo bine byakira abarwayi byari byarafunzwe ubu byafunguwe, ndetse harimo gufungurwa ibindi bibiri.

Yakomeje ati “Bisaba ko abantu babyumva bakabigira ibyabo tukagabanya ubu bwandu, kuko bukomeje gukwirakwira mu banyarwanda benshi ntabwo n’urwego rw’ubuzima dusanganywe rwabasha guhangana no gufasha abantu barenga miliyoni barwariye icyarimwe.”

Kugeza ubu abamaze gusangwamo ubwandu bose hamwe ni 48,244, mu gihe 67.4% bamaze gukira. Abapfuye ni 560.

 

Abayobozi bitegereza imashini nshya zitanga umwuka ku bitaro bya Nyarugenge

 

TAGGED:COVID-19Dr Mpunga Tharcissefeatured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ingaruka Zo Gufunga Jacob Zuma
Next Article Ishami Rya Polisi Ya UN Riri Gukorera Amahugurwa Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

You Might Also Like

IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?