Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 September 2025 2:04 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Abakorera bushake barebye aho bahumbikira ibiti bizaterwa mu rwego rwo kubungabunga ibidukikije.
SHARE

Ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga  Croix Rouge y’u Rwanda yifatanyije n’izindi ku isi wahariwe ubutabazi bw’ibanze, umwe mu bayobozi bakuru bayo yaboneyeho gutangaza ko iri gufasha Leta y’u Rwanda mu guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere.

Emmanuel Mazimpaka ushinzwe itumanaho no gutsura umubano muri yo yabwiye Taarifa Rwanda ko ibyo babikora binyuze mu gutera ibiti.

Ni ibiti birimo ibifasha mu gufata ubutaka, ibivangwa n’imyaka byera imbuto n’ibiti birimbisha ahantu.

Ati: “Insanganyamatsiko y’uyu mwaka mu rwego rwo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’ubutabazi bw’ibanze ni ubutabazi bw’ibanze no kubungabunga ibidukikije. Ibyo bijyana nyine no guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere. Iyo mihindagurikire rero iteza ibiza birimo ubutayu, inkangu, amapfa…bigatuma twe nka Croix Rouge dutabara abantu kandi bigira ikiguzi.”

Emmanuel Mazimpaka

Mazimpaka avuga ko mu rwego rwo kugabanya ubukana bw’ibyo biza, bahitamo gukorana na Leta mu bikorwa bigamije gukumira ibiza.

Mu myaka ishize, Croix Rouge y’u Rwanda yatangiye gutera ibiti hirya no hino mu gihugu birimo n’ibyo imaze gutera kuva uyu mwaka watangira bigera ku biti bisaga 300,000, intego ikaba iy’uko buri mwaka batera ibiti miliyoni.

Emmanuel Mazimpaka avuga ko mu gukumira ibiza batera ibiti, ababituriye bagahumeka umwuka mwiza kandi isuri ikarwanywa.

Si ibiti gusa batera…

Umuyobozi muri Croix Rouge ushinzwe itumanaho no gutsura umubano Emmanuel Mazimpaka yunzemo ko uyu muryango wasanze ukwiye no kwigira, ntuhore ushaka inkunga z’indi miryango nkawo y’abanyamahanga.

Mu guharanira kubigeraho, bafashe amafaranga bayashora mu mishinga ibyara andi.

Irimo hoteli iri mu Murenge wa Bwishyura mu Karere ka Karongi ifite ibyumba 28, ikaba yaratwaye Miliyoni Frw 800.

Amafaranga ava muri iryo shoramari afasha abaturage kugobokwa mu gihe bahuye n’ibiza cyangwa ibindi bizazane.

Ati: “Hari abo dusakarira inzu iyo zasakambuwe n’inkubi, hari abo tugurira amatungo”.

Ahandi bafite habyara inyungu nk’iyo ni ku cyicaro gukuru cya Croix Rouge y’u Rwanda ku Kacyiru ahubatse inzu zizakorerwamo ubucuruzi bw’inzego zitandukanye burimo inzu zigurisha imiti, aho abantu bafatira amafunguro kandi muri kiriya kigo hari amacumbi 200 asanzwe acumbikira abayigana.

Umunsi mpuzamahanga wa Croix Rouge w’ubutabazi bw’ibanze uba buri wa Gatandatu wa nyuma w’Icyumweru cya kabiri cya Nzeri, buri mwaka.

Alexia Rubuga ushinzwe urubyiruko muri Croix Rouge y’u Rwanda avuga ko umunsi mpuzamahanga w’ubutabazi bw’ibanze uba ari uwo kwibutsa urubyiruko ko rukwiye kurangwa n’urukundo mu kwita ku mbabare.

Ni umunsi mpuzamahanga wahariwe ubutabazi bw’ibanze.

Yemeza ko icyita rusange cy’abagize Croix Rouge y’u Rwanda ari urukundo rubasunikira gutabara abababaye nta vangura iryo ari ryo ryose.

Croix Rouge yageze mu Rwanda mu mwaka wa 1962, kandi kuva icyo gihe ikomeje gufasha Leta y’u Rwanda kwita ku baturage bafite ibibagoye mu buzima bwabo.

TAGGED:CroixIbitiIsuriMazimpakaRougeUbutabazi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye
Next Article Congo: ADF Yishe Abantu 102
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Abageni Bwari Bucye Basezerana Bakubiswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Rulindo: Yafatanywe Ayo Kwishyura Abacukura Amabuye Mu Buryo Butemewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?