Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Demukarasi Muri Liberia: George Weah Yashimiye Uwamutsinze Mu Matora
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Demukarasi Muri Liberia: George Weah Yashimiye Uwamutsinze Mu Matora

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 November 2023 9:22 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
2019 U.S. Independence Day Celebration at the U.S. Embassy in Monrovia, Liberia
SHARE

George Weah wari umaze igihe ayobora Liberia yashimiye uwo bari bahanganye mu matora yo kuba Perezida wa Liberia witwa Joseph Boakai kubera ko ari we abaturage bahisemo ngo amusimbure mu nshingano.

Ni nyuma y’uko Komisiyo y’amatora itangaje mu buryo budasubirwaho ibyavuye muri ariya matora yabaye taliki 14, Ugushyingo, 2023.

Weah yagiye ku butegetsi mu mwaka wa 2017, asimbuye Ellen Johnston Serleaf.

Kuri  radio y’igihugu yagize ati: “ Ishyaka ryacu ryatsinzwe ariko Liberia yo ihagaze bwuma. Ibimaze gutangazwa na Komisiyo kugeza ubu, byerekanaako Joseph Boakai yadutambutseho cyane k’uburyo tudashobora kumufata. Navuganye nawe mushimira ku ntsinzi yagize.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ayo majwi Weah avuga yerekana ko mu biro by’itora bigana na 99% byagaragaye ko Boakai afite 50,89% by’amajwi yose yabazwe, George Weah akagira 49,11%.

Abanya Liberia bangana na miliyoni 2,4 nibo bitabiriye amatora yabaye kuwa Kabiri taliki 14, Ugushyingo, 2023 kandi ngo ubwitabire bungana na 65%.

Boakai agiye gutegeka Liberia mu myaka itandatu.

Ubwo yiyamamazaga, yatangaje ko azaharanira ko ibikorwaremezo bya Liberia bitera imbere, ngo azashyira imbaraga mu kureshya abashoramari na ba mukerarugendo kandi agabanye ubukene mu baturage be.

Perezida watowe Joseph Boakai

1/5 cy’abaturage ba Liberia ntibinjiza $2,15 ku munsi, ibi bikaba bikubiye muri raporo ya Banki y’Isi.

- Advertisement -

Leta zunze ubumwe z’Amerika zishimiye ko amatora yagenze neza muri Liberia kandi uwatsinzwe akemera ibyavuye mu matora nta rwaserera.

 

TAGGED:AmatoraBoakaiLiberiaWeah
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Wa M23 Ati: ‘Ubutaka Twafashe ‘Tuzabushyiraho’ Ubutegetsi Bwigenga’
Next Article Cardinal Kambanda Yasomeye Misa Muri Gereza Ya Mageragere
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?