Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Demukarasi Muri Liberia: George Weah Yashimiye Uwamutsinze Mu Matora
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Demukarasi Muri Liberia: George Weah Yashimiye Uwamutsinze Mu Matora

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 November 2023 9:22 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
2019 U.S. Independence Day Celebration at the U.S. Embassy in Monrovia, Liberia
SHARE

George Weah wari umaze igihe ayobora Liberia yashimiye uwo bari bahanganye mu matora yo kuba Perezida wa Liberia witwa Joseph Boakai kubera ko ari we abaturage bahisemo ngo amusimbure mu nshingano.

Ni nyuma y’uko Komisiyo y’amatora itangaje mu buryo budasubirwaho ibyavuye muri ariya matora yabaye taliki 14, Ugushyingo, 2023.

Weah yagiye ku butegetsi mu mwaka wa 2017, asimbuye Ellen Johnston Serleaf.

Kuri  radio y’igihugu yagize ati: “ Ishyaka ryacu ryatsinzwe ariko Liberia yo ihagaze bwuma. Ibimaze gutangazwa na Komisiyo kugeza ubu, byerekanaako Joseph Boakai yadutambutseho cyane k’uburyo tudashobora kumufata. Navuganye nawe mushimira ku ntsinzi yagize.”

Ayo majwi Weah avuga yerekana ko mu biro by’itora bigana na 99% byagaragaye ko Boakai afite 50,89% by’amajwi yose yabazwe, George Weah akagira 49,11%.

Abanya Liberia bangana na miliyoni 2,4 nibo bitabiriye amatora yabaye kuwa Kabiri taliki 14, Ugushyingo, 2023 kandi ngo ubwitabire bungana na 65%.

Boakai agiye gutegeka Liberia mu myaka itandatu.

Ubwo yiyamamazaga, yatangaje ko azaharanira ko ibikorwaremezo bya Liberia bitera imbere, ngo azashyira imbaraga mu kureshya abashoramari na ba mukerarugendo kandi agabanye ubukene mu baturage be.

Perezida watowe Joseph Boakai

1/5 cy’abaturage ba Liberia ntibinjiza $2,15 ku munsi, ibi bikaba bikubiye muri raporo ya Banki y’Isi.

Leta zunze ubumwe z’Amerika zishimiye ko amatora yagenze neza muri Liberia kandi uwatsinzwe akemera ibyavuye mu matora nta rwaserera.

 

TAGGED:AmatoraBoakaiLiberiaWeah
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Wa M23 Ati: ‘Ubutaka Twafashe ‘Tuzabushyiraho’ Ubutegetsi Bwigenga’
Next Article Cardinal Kambanda Yasomeye Misa Muri Gereza Ya Mageragere
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Ebola Yagarutse Muri DRC

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

General Kabandana Yatabarutse

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbutabera

Kabila Arasomerwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Inshuti Ya Trump Yishwe 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?