Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Demukarasi Muri Liberia: George Weah Yashimiye Uwamutsinze Mu Matora
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Demukarasi Muri Liberia: George Weah Yashimiye Uwamutsinze Mu Matora

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 November 2023 9:22 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
2019 U.S. Independence Day Celebration at the U.S. Embassy in Monrovia, Liberia
SHARE

George Weah wari umaze igihe ayobora Liberia yashimiye uwo bari bahanganye mu matora yo kuba Perezida wa Liberia witwa Joseph Boakai kubera ko ari we abaturage bahisemo ngo amusimbure mu nshingano.

Ni nyuma y’uko Komisiyo y’amatora itangaje mu buryo budasubirwaho ibyavuye muri ariya matora yabaye taliki 14, Ugushyingo, 2023.

Weah yagiye ku butegetsi mu mwaka wa 2017, asimbuye Ellen Johnston Serleaf.

Kuri  radio y’igihugu yagize ati: “ Ishyaka ryacu ryatsinzwe ariko Liberia yo ihagaze bwuma. Ibimaze gutangazwa na Komisiyo kugeza ubu, byerekanaako Joseph Boakai yadutambutseho cyane k’uburyo tudashobora kumufata. Navuganye nawe mushimira ku ntsinzi yagize.”

Ayo majwi Weah avuga yerekana ko mu biro by’itora bigana na 99% byagaragaye ko Boakai afite 50,89% by’amajwi yose yabazwe, George Weah akagira 49,11%.

Abanya Liberia bangana na miliyoni 2,4 nibo bitabiriye amatora yabaye kuwa Kabiri taliki 14, Ugushyingo, 2023 kandi ngo ubwitabire bungana na 65%.

Boakai agiye gutegeka Liberia mu myaka itandatu.

Ubwo yiyamamazaga, yatangaje ko azaharanira ko ibikorwaremezo bya Liberia bitera imbere, ngo azashyira imbaraga mu kureshya abashoramari na ba mukerarugendo kandi agabanye ubukene mu baturage be.

Perezida watowe Joseph Boakai

1/5 cy’abaturage ba Liberia ntibinjiza $2,15 ku munsi, ibi bikaba bikubiye muri raporo ya Banki y’Isi.

Leta zunze ubumwe z’Amerika zishimiye ko amatora yagenze neza muri Liberia kandi uwatsinzwe akemera ibyavuye mu matora nta rwaserera.

 

TAGGED:AmatoraBoakaiLiberiaWeah
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Wa M23 Ati: ‘Ubutaka Twafashe ‘Tuzabushyiraho’ Ubutegetsi Bwigenga’
Next Article Cardinal Kambanda Yasomeye Misa Muri Gereza Ya Mageragere
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?